Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Abantu Bagwiriwe N’Ikirombe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Bugesera: Abantu Bagwiriwe N’Ikirombe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2024 3:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 Mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera haravugwa inkuru mbi y’abantu batatu bagwiriwe n’ikirombe, umwe abasha kuvanwamo ari muzima ariko abandi babiri baracyashakishwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rweru witwa Jean Claude Sibomana yabwiye

Byabereye mu Murenge wa Rweru ahitwa Batima

Taarifa ko nta byinshi yadutangariza kubera ko we n’abaturage bari gufasha abantu kuri ‘icyo cyobo.’

Ibi byago byabereye ahitwa Batima nk’uko bagenzi bacu ba Flash babishyize kuri X.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba Superintendent of Police( SP) Hamdun Twizerimana avuga ko amakuru atangwa n’abarokotse icyo gisimu avuga ko abo cyagwiriye bari bageze ku muryango w’aho binjirira mu cyobo bajya gucukura.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana

Ngo ibitaka byabagwiriye biri hafi y’umunwa w’aho abajya gucukura binjirira.

Abagwiriwe n’icyo kirombe bose ni abagabo.

Ubwo twandikaga aya makuru, hari amashini yari yageze aho ibyo byago byabereye ariko kubera ko ubutaka bworoshye cyane bitewe n’imvura imaze iminsi ihagwa, iyo mashini ntirashobora kugera ku cyobo nyirizina ngo icukure.

Abantu bagwiriwe n’icyo kirombe bombi bari ingaragu kandi bakomoka muri Batima ya Rweru rwa Bugesera.

Ikirombe bacukuraga kandi ngo cyari kimaze igihe kidakoreshwa n’ikigo runaka kizwi kuko icyari cyaragitsindiye cyaje kurangiza imirimo kiragenda.

Ibyo bivuze ko abagicukuragamo babikoraga mu buryo butemewe n’amategeko.

Turakomeza kubakurikiranira iby’iyi nkuru…

TAGGED:BugeserafeaturedIkirombeRweru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Addis Ababa: Kagame Mu Itangizwa Ry’Inteko Ya 37 Y’Abakuru B’Ibihugu By’Afurika
Next Article Kagame Avuga Ko Ku Mutekano W’u Rwanda Nta Mpaka Zigomba Kugibwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?