Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Abaturage ‘Barasuhutse’ Kubera Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bugesera: Abaturage ‘Barasuhutse’ Kubera Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2023 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abatuye Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera babwiye itangazamakuru ko inzara yabariye bahitamo gusuhukira mu Murenge baturanye wa Kamabuye kuhashaka akazi.

Babwiye TV 1 ko izuba ryatumye n’imbuto bateye yuma bityo bagasaba ubuyobozi ko bwabatabara bakabona icyo bashyira mu nda.

Abo baturage bavuze ko Akarere gaheruka gutanga ubufasha, ariko butageze kuri bose bituma abasigaye basuhukira mu wundi murenge.

Ikiribwa kihiganje ni ikijumba.

Hari abavuga ko bakubitira abana kuryama banga ko barara barira ngo barashaka kurya.

Ati: “Iyo ukoreye ibyo bihumbi bibiri (Frw 2000) uhahamo ibijumba by’igihumbi(Frw1000) ukabyohereza, ukabohereza Frw 1000 bagapfa gushakamo izo mboga.”

Hari umubyeyi wo mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera wemera ko nawe hari ubwo ajya mu Karere ka Nyanza kuhaca inshuro.

Umurenge wa Nyarugenge ugizwe n’utugari dutanu n’imidugudu 39.

Utwo tugari ni Gihinga, Kabuye, Murambi, Ngenda na Rugando.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa kamwe muri utu tugari (ni akagari ka Kabuye) witwa Jean Pierre Rukundo yabwiye Taarifa ko nta makuru yatanga kubera ko bisaba ko aba areba uyamwaka.

Ati: “ Nk’ubu urambaza ibintu wibereye i Kigali! Ibyiza ni uko wazaza kuri terrain ukabaza abaturage nanjye nkagusubiza.”

Icyakora ngo ‘imvura iragwa’.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko mu minsi yashize hari ibiribwa Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ifatanyije n’inzego z’ibanze yahaye abatuye Akarere ka Bugesera, abatuye akarere ka Huye, aka Ruhango, aka Nyanza, aka Gisagara n’akarere ka Muhanga.

Guverinoma ifite gahunda yo kuzabyaza umusaruro ibiyaga byinshi biba mu Karere ka Bugesera, amazi yabyo agakoreshwa mu kuhira imyaka iri ku butaka buri mu byanya bitunganyijwe.

TAGGED:AbaturageBugeserafeaturedInzaraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikubiye Muri Raporo Y’Inzu Zo Kwa Dubai Biteye Inkeke
Next Article Gasabo: Bafatanywe Magendu Ya Miliyoni Frw 5
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?