Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bunagana, Goma, Bukavu…M23 Irakurikizaho Uwuhe Mujyi?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Bunagana, Goma, Bukavu…M23 Irakurikizaho Uwuhe Mujyi?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2025 12:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Kamena, 2022 nibwo M23 yafashe umujyi wa Bunagana uturanye na Uganda, kugeza n’ubu iracyawufite. Mu minsi ishize yafashe na Goma none ubu yafashe na Bukavu.

Haribazwa niba iri bube iretse gufata undi mujyi ikabanza kureba ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwemera ibiganiro cyangwa niba iri bukumereze mu wundi mujyi ushobora kuba ari Uvira cyangwa undi.

Bagenzi bacu bandika muri Kivutoday.com bavuga ko gufata umujyi wa Bukavu byakozwe bitagoranye na gato.

Mbere yo kuyifata, abarwanyi ba M23 babanje gufata ikibuga cy’indege cya Kavumu bituma bashobora kugenzura ikirere kiri aho bari kurwanira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwo bageraga mu mihanda ya Bukavu batunguwe kandi bashimishwa n’urugwiro bakiranywe n’abaturage.

Baje bikoreye intwaro, ibiribwa, imiti n’ibindi umurwanyi akenera mu ntambara, batungurwa no kubona ukuntu abaturage baje kubatwaza bimwe muri byo.

Gukataza kwa M23 ni ikintu gikomeye cyakuye umutima ubutegetsi bwa Kinshasa bituma bwemeza ko ari u Rwanda ruyiri inyuma.

Ubwo bafataga ikibuga cya Kavumu, abarwanyi ba M23 bagisanzeho indege z’intambara kandi iki kibuga ni kigari bihagije kugira ngo kigweho indege nini.

Mbere yo gufata aho hantu, abarwanyi ba M23 bari bashushubikanyije ingabo za DRC nabo bafatanyije babakura muri teritwari za Kalehe na  Kabare ndetse baza no gufata ahitwa Kabamba na Katana.

- Advertisement -

Uvira niyo itahiwe…

Taarifa Rwanda yavuganye na Muhizi, umwe mu Banyarwanda bakurikiranira hafi aho ibintu byerekeza muri kiriya gihugu, avuga ko uko bigaragara M23 iri bukomereze ibitero byayo muri Uvira.

Avuga ko ingabo za DRC nabo bakorana ari bo FDLR, Wazalendo n’ingabo z’Uburundi bamaze guhungira ahitwa Plaine de Ruzizi, aha hakaba ari intera ya kilometero nka 30 uvuye aho M23 ikambitse muri Bukavu.

Muhizi avuga ko igitutu cy’ibitero bya M23 gishobora kuza gutuma ingabo bahanganye zihungira muri Uvira cyangwa zigakomereza mu Burundi ahitwa Cibitoke.

Avuga ko M23 itazabakurikiranira mu Burundi keretse ingabo zabwo zigeze yo zikayirasaho ikiri muri DRC.

Asanga ibyobyatuma ibona impamvu zo kwinjira mu Burundi kuko yaba ishotowe.

Mu gihe byaba bitagenze gutyo, Muhizi yemeza ko intambara izakomereza mu Mujyi wa Uvira kuko ari ho abona ko ingabo za DRC zizahungira.

TAGGED:AbaturageBurundiFDLR WazalendofeaturedIngaboIntambaraM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Avuga Ko Kabila Ariwe Uha M23 Amabwiriza
Next Article M23 Yasabye Ingabo Z’Uburundi Gutaha Inzira Zikigendwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?