Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Bemeza Ko Baretse Gufumbiza Ifumbire Y’Umusarane W’Abantu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Burera: Bemeza Ko Baretse Gufumbiza Ifumbire Y’Umusarane W’Abantu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2024 10:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu batuye Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera babwiye Taarifa ko nyuma yo guhugurwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye, baretse gufumbiza ifumbire y’umusarane w’abantu.

Ni ifumbure bavuga ko mbere yabafashaga kweza imyaka ishishe cyane cyane imboga.

Umuturage witwa Ntuyehe Jean Nepomuscène wo muri uyu murenge avuga ko muri rusange abaturage bo muri aka gace bari baramenyereye kuvidura imisarane yuzuye bagafumbiza uwo mwanda imirima yabo.

Uyu mugabo wo mu Kagari ka Nyagahinga avuga ko iriya fumbire bayikoresheje igihe kirekire, ariko nyuma abashinzwe ubuhinzi baza kubabwira ko iyo fumbire yuzuyemo amagi atera inzoka kandi ashobora kumara imyaka itanu mu butaka.

Ati: “ Mbere ntabwo twari tuzi ko iriya fumbire itera inzoka ariko twabimenye tubibwirijwe n’abazobereye mu by’ubuhinzi.”

Undi muturage wo mu Kagari ka Gasiza mu Murenge wa Cyanika nawe avuga ko iwabo bakoresheje iriya fumbire mu gihe kirekire kugeza ubwo we n’iwabo bagiye kwisumisha basanga inzoka ari nyinshi.

Avuga ko yaje kumenya ko iyo fumbire ifite amagi menshi, buri gihembwe uko basaruraga bashyiramo iriya fumbire mu myaka babaga bateye.

Uyu mugore usanzwe ari n’umujyanama w’ubuzima avuga ko nyuma yo kumenya ububi bw’iriya fumbire, bahagaritse kuyikoresha.

Ku rundi ruhande ariko abaturage bavuga ko iriya fumbire yagiraga umusaruro ufatika ariko ngo aho bayihagarikiye umusaruro waragabanutse ku rwego rugaragara.

Abayobozi mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, bavuga ko abaturage bakwiye kureka gukoresha iyo fumbire kuko muri yo harimo amagi avamo inzoka zinjira mu mibiri y’abahinzi zikazamuka zikaba zakwangiza imyanya itandukanye y’umubiri w’umuntu harimo no kumutera igicuri n’izindi ndwara.

Ikibazo cy’inzoka zo mu nda kiri mu tugari 1103 hirya no hino mu Rwanda. Iyi ni imirenge iri hafi kuba ½ cy’utugari twose tw’u Rwanda.

TAGGED:AbaturageBureraCyanikafeaturedIfumbire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Guinea Arasura u Rwanda
Next Article Gacaca Ntiyunze Abanyarwanda Gusa Ahubwo Yanabungabunze Ubukungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?