Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Bemeza Ko Baretse Gufumbiza Ifumbire Y’Umusarane W’Abantu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Burera: Bemeza Ko Baretse Gufumbiza Ifumbire Y’Umusarane W’Abantu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2024 10:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu batuye Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera babwiye Taarifa ko nyuma yo guhugurwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye, baretse gufumbiza ifumbire y’umusarane w’abantu.

Ni ifumbure bavuga ko mbere yabafashaga kweza imyaka ishishe cyane cyane imboga.

Umuturage witwa Ntuyehe Jean Nepomuscène wo muri uyu murenge avuga ko muri rusange abaturage bo muri aka gace bari baramenyereye kuvidura imisarane yuzuye bagafumbiza uwo mwanda imirima yabo.

Uyu mugabo wo mu Kagari ka Nyagahinga avuga ko iriya fumbire bayikoresheje igihe kirekire, ariko nyuma abashinzwe ubuhinzi baza kubabwira ko iyo fumbire yuzuyemo amagi atera inzoka kandi ashobora kumara imyaka itanu mu butaka.

Ati: “ Mbere ntabwo twari tuzi ko iriya fumbire itera inzoka ariko twabimenye tubibwirijwe n’abazobereye mu by’ubuhinzi.”

Undi muturage wo mu Kagari ka Gasiza mu Murenge wa Cyanika nawe avuga ko iwabo bakoresheje iriya fumbire mu gihe kirekire kugeza ubwo we n’iwabo bagiye kwisumisha basanga inzoka ari nyinshi.

Avuga ko yaje kumenya ko iyo fumbire ifite amagi menshi, buri gihembwe uko basaruraga bashyiramo iriya fumbire mu myaka babaga bateye.

Uyu mugore usanzwe ari n’umujyanama w’ubuzima avuga ko nyuma yo kumenya ububi bw’iriya fumbire, bahagaritse kuyikoresha.

Ku rundi ruhande ariko abaturage bavuga ko iriya fumbire yagiraga umusaruro ufatika ariko ngo aho bayihagarikiye umusaruro waragabanutse ku rwego rugaragara.

Abayobozi mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, bavuga ko abaturage bakwiye kureka gukoresha iyo fumbire kuko muri yo harimo amagi avamo inzoka zinjira mu mibiri y’abahinzi zikazamuka zikaba zakwangiza imyanya itandukanye y’umubiri w’umuntu harimo no kumutera igicuri n’izindi ndwara.

Ikibazo cy’inzoka zo mu nda kiri mu tugari 1103 hirya no hino mu Rwanda. Iyi ni imirenge iri hafi kuba ½ cy’utugari twose tw’u Rwanda.

TAGGED:AbaturageBureraCyanikafeaturedIfumbire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Guinea Arasura u Rwanda
Next Article Gacaca Ntiyunze Abanyarwanda Gusa Ahubwo Yanabungabunze Ubukungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?