Mu Rwanda
Icyorezo Cya COVID-19 Cyatweretse Ko Twese Dushoboye Ibikorwa By’ubutwari – Kagame

Perezida Paul KAGAME yatangaje ko COVID-19 yerekanye ko buri munyarwanda afite ubushobozi kubikorwa by’ubutwari.
Abinyujije kurukutarwe rwa twitter, umukuru w’igihugu yavuze ko urugamba rwo guhashya COVID-19 rugikomeje, ashima inzego z’ubuzima n’iz’umutekano ku bwitange n’ubutwari bwabo, asaba buri munyarwanda gukomeze guharanira kurinda mugenzi we.
Umukuru w’igihugu yatangaje ibi mu gihe kuri uyu wambere tariki ya 1 Gashyantare u Rwanda rwizihiza umunsi w’intwari .
Uyu munsni usanze abanyarwanda n’isi muri rusange byugarijwe na Corona virus.
Ubusanzwe uyumunsi wizihizwaga mubirori rusange gusa kuri ubu siko bimeze kuko kuri iyinshuro harimo impinduka yatewe n’icyorezo kitwugarije.
Mbifurije umunsi mwiza w’Intwari. Intwari twizihiza, ni Abanyarwanda bagaragaje kwitangira u Rwanda batizigama. Batubereye urugero rw'ibishoboka. Ubu u Rwanda rukaba ari imbuto z'ubutwari bwabo. Uwo muco ugomba kuba uruhererekane tuzakomeza kuraga abato.
— Paul Kagame (@PaulKagame) February 1, 2021
Murwego rwo gukomeza kwirinda abanyanyarwanda baraza kuwizihiza bifashishije uburyo bw’ikoranabuhanga.
Umukuru w’igihugu yifurije abanyarwanda umunsi mukuru agira ati “Iki cyorezo cyatweretse ko twese dushoboye ibikorwa by’ubutwari. Mu gihe tugikomeje urugamba rwo kurwanya Covid-19, turashima inzego z’ubuzima bari ku isonga, n’inzego z’umutekano kubera ubwitange n’ubutwari bwabo. Buri munyarwanda akomeze guharanira kurinda mugenzi we”.
Umuryango FPR Inkotanyi wifurije AbanyaRwanda bose umunsi mwiza w’intwari z’igihugu cyacu zabayeho mu bihe bitandukanye by’amateka y’u Rwanda ,aho insanganyamatsiko igira iti “ UBUTWARI MU BANYA RWANDA AGACIRO KACU ”
Hari bimwe mu bikorwa abanyarwanda benshi baba biteze k’umunsi nkuyu birimo imikino y’umupira w’amaguru, imipira y’amaboko, gusiganwa ku magare, ibyo bintu babyishimiraga ariko muri iki gihe ho ntibishoboka.
Gusa kuri ubu hateganyijwe igitaramo gisingiza Intwari, kiza gutambutswa kuri Televiziyo.
Intwari zibukwa ziri mubyicyiro bitatu (3); Imanzi, Imena, Ingenzi.
Mu cyiciro cyambere (1) cy’Intwari z’Imanzi harimo Intwari Maj. Gen Fred GISA RWIGEMA n’Umusirikare utazwi.
Mu cyiciro cya kabiri (2) cy’intwari z’Imena harimo Intwari Umwami Mutara III Rudahigwa, Michel RWAGASANA wari Umunyepolitiki, Mme Agatha UWIRINGIYIMANA wabaye Minisitiri w’Intebe, Soeur Felicite NIYITEGEKA n’Abanyeshuri b’Inyange.
Kuri ubu nta muntu urashyirwa mu cyiciro cya gatatu (3) cy’intwari z’Ingenzi.
-
Mu mahanga2 days ago
Umunyapolitiki Ukomeye Ruswa Y’Igitsina Imukozeho
-
Imibereho Y'Abaturage3 days ago
I Karongi ‘Umuryango Wari Uzimye’ Habura Gato!
-
Mu Rwanda2 days ago
Urukiko Rw’Ikirenga Rwimutse, Ubushinjacyaha Nibwo Butahiwe
-
Mu Rwanda2 days ago
RCS Ivuga Ko Imfungwa ‘Yanze Kumvira’ Umucungagereza Iraraswa
-
Mu Rwanda2 days ago
Umunyarwandakazi Yapfiriye I Dubai
-
Politiki3 days ago
Kuki U Rwanda Rwafashe Rusesabagina Induru Zikavuga?
-
Icyorezo COVID-191 day ago
U Rwanda Rugiye Kwakira Inkingo Za COVID-19, Gukingira Ni Ku Wa Gatanu
-
Mu mahanga23 hours ago
Perezida Ndayishimiye Yigishije Abaturage Guhinga Kijyambere