Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burera: Biba Ihene Bakagurisha Inyama Zazo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Burera: Biba Ihene Bakagurisha Inyama Zazo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2025 12:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bafashwe bakiba aya matungo magufi
SHARE

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 9 Kanama, Polisi ikorera  mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera k’ubufatanye n’abaturage yafatiye mu cyuho abagabo babiri bari bibye ihene ebyiri z’umuturanyi.

Ni nyuma y’uko bitwikiriye ijoro n’imvura bakiba ihene mu rugo rwa Hategekimana Gérard bamaze kwica urugi rw’igikoni zararagamo.

Amakuru avuga ko akenshi abantu biba amatungo muri ubwo buryo bayabaga, inyama zayo bakazigurisha na ba mucoma.

Hari n’ubwo bajya kuyagurisha ari mazima, abayaguze nabo bakazayagurisha mu bice bitandukanye nibyo yibwemo.

Ku byerekeye ubujura bwakorewe mu Cyanika, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Ignace Ngirabakunzi yabwiye Taarifa Rwanda ko abaturage bari bazindutse kare kare ari bo bahuye n’abo bantu bababaza aho bajyanye izo hene ayo masaha.

Mu gihe abandi bari bakijijinganya, abo baturage bahise babafata, bahamagara Polisi kuko batabashiraga amakenga.

Yahageze isanga koko abo bantu bari bamaze kwiba ihene zo kwa Hategekimana.

Hategekimana nawe hagati aho yari arimo ashakisha abamwibye kuko ubwo yabyukaga yasanze ntaziri mu gikoni aho zararaga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru ati: “Dushimira abaturage uruhare bagira mu gukumira no kurwanya ibyaha kuko igihe cyose bagize amakenga bahamagara Polisi kugira ngo ikurikirane. No kugira ngo, bafatwe ni uruhare rw’abaturage bamenye ingaruka z’icyaha”.

Ubujura bwaba ubw’amatungo cyangwa ubundi bwose, Polisi ivuga ko izakurikirana ababukora.

Abazi iby’amatungo, bemeza ko nta hene ihebeba mu ijoro, kereka iyo ari ‘inkunguzi’.

Aba bakekwaho ubujura buvugwa muri iyi nkuru bafungiye kuri station ya Polisi ya Cyanika, kugira ngo bakurikiranwe n’inzego zibishinzwe.

TAGGED:AbaturageBureraIheneInyama
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Zelensky Ati: ‘ Nta Butaka Tuzemera Guha Uburusiya’
Next Article Nyanza: Polisi Yafashe Abamburaga Abandi Ibyabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?