Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Gufungura Ibiryo Birimo Umunyu Si Ibya Bose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Gufungura Ibiryo Birimo Umunyu Si Ibya Bose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2024 9:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye Bujumbura bavuga ko hejuru y’umutekano muke, hari kwiyongeraho ibiciro by’ibiribwa nkenerwa biri kuzamuka cyane harimo n’umunyu utigonderwa na buri wese.

Abaguzi bavuga ko bagura bahendwa n’abacuruzi nabo bakavuga ko badafite ahantu heza ho kurangurira.

Ibi nibyo bituma ibiciro by’umunyu n’ibindi biribwa nkekerwa bikomeza kuzamuka.

Indi mpamvu ni uko nta madolari ahagije ari mu kigega cya Leta ngo ibashe kubona amavuta ahagije yatuma ibinyabiziga bikora ubucuruzi bufatika.

Ku bijyanye n’umunyu, abatuye Bujumbura bavuga ko igiciro cy’umufuka w’umunyu w’ibilo 25 waguraga Frb 23,000 mu kwezi kumwe gushize ariko ubu uragura Frb 40,000.

Ubu ikilo cy’umunyu kiragura Frb 2 000 mu gihe waguraga Frb 1 200.

Ibindi biciro biri hejuru mu Burundi ni iby’ubuto n’ipamba.

Mu Burundi kandi haherutse kuvugwa izamuka rikomeye rya byeri ya Amstel na Primus, inzoga zikundwa cyane mu Burundi.

Ibitunguru byarahenze ariko abaguzi b’aho bavuga ko umuceri ari wo gihingwa kiri kuboneka gihagije ku isoko.

Umuceri w’i Burundi bawita umuhitira, abawurya bavuga ko udahenze ugereranyije n’uko bimeze ku muceri ukomoka muri Tanzania.

TAGGED:BurundifeaturedUmuntu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Habineza Yahawe Amahirwe ‘Ya Nyuma’ Ngo Yemererwe Kwiyamamaza
Next Article Kenya: Urugomo Ruri Kwiyongera Kubera Ibibazo By’ubukungu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?