Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Minisitiri W’Ubuzima Ashaka Ko Hubakwa Ibitaro By’Abakire GUSA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Minisitiri W’Ubuzima Ashaka Ko Hubakwa Ibitaro By’Abakire GUSA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2023 10:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uburakari mu baturage b’Uburundi bwazamutse nyuma y’uko Minisitiri w’Ubuzima witwa Dr. Sylvie Nzeyimana atangaje umushinga wo kubaka ibitaro bigenewe abakomeye gusa.

Amakuru agera kuri Taarifa aturuka mu Burundi avuga ko taliki 30, Kanama, 2023 ari bwo Dr. Sylvie Nzeyimana uyobora Minisiteri y’ubuzima yahaye bagenzi be bari bitabiriye Inama y’Abaminisitiri igitekerezo cy’uko biriya bitaro byakubakwa.

Muri iyo nama kandi yari yaje yitwaje n’umushinga w’itegeko rigena imikorere yabyo.

Imwe mu ngingo zikubiye muri uwo mushinga ni uko hakwiye kubakwa ibitaro byihariye bivuga abakire n’ibindi bikomerezwa.

Ni ingingo yaje no kwemerwa na bagenzi be bavuga ko igomba kuganirwaho, ariko irakaza abaturage benshi.

Ntibiyumvisha ukuntu ari abo barwara kurusha abandi ariko ntibubakirwe ibitaro ahubwo bikubakirwa abifite.

Igitekerezo cya Minisitiri Sylvie Nzeyimana cyarakaje abaturage cyane cyane kubera ko amafaranga azakoreshwa mu kubaka ibyo bitaro  by’abakomeye ari imisoro y’abaturage kandi igihugu kikaba gisanzwe gikennye.

Minisitiri w’Ubuzima witwa Sylvie Nzeyimana

Imibare y’Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF, ivuga ko Uburundi ari igihugu cya kabiri gikennye ku isi, icya mbere kikaba Sudani y’Epfo.

Ubwo yasobanuraga ishingiro cy’umushinga w’itegeko yagezaga kuri bagenzi be, Dr Sylvie Nzeyimana ntiyigeze akomoza ku bibazo bisanzwe biri mu rwego rw’ubuzima mu gihugu cye.

Hari umuturage witwa Yohani usanzwe ukora mu bitaro bitwa Hôpital Prince Regent wavuze ko igitekezo cya Minisitiri w’ubuzima kidashyize mu gaciro.

Umukozi wa Sosiyete sivile mu muryango witwa Cadre d’Expression pour les Malades au Burundi (Cemabu) witwa Sylvain Habonakiza yasabye abafata ibyemezo kwirinda guhubukira kiriya cyemezo kuko byatuma umuhinzi- mworozi abura serivisi za muganga kandi ari we uzikeneye kurushaho.

Iby’uyu mushinga biracyahanzwe amaso.

TAGGED:featuredIbitaroMinisitiriUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibibi Byo Kuranzika Umurimo
Next Article Ingengabihe Y’Uko Abanyeshuri Bazajya Ku Mashuri Yatangajwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?