Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CIMERWA Yinjije Miliyari 8.7 Frw ‘Z’inyungu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

CIMERWA Yinjije Miliyari 8.7 Frw ‘Z’inyungu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2021 11:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uruganda rukora sima mu Rwanda, CIMERWA, ruherutse gutangaza ko rwungutse miliyari 30 Frw, ni ukuvuga inyongera ya 14% ugereranyije n’uko byagenze mu mwaka wa 2020.

Umuyobozi ushinzwe imari muri ruriya ruganda witwa John Bugunya avuga ko imibare yerekana ko uyu mwaka uzarangira ubukungu bwa CIMERWA buhagaze neza.

Yagize ati: “Iki gihembwe cya mbere cy’umwaka w’ingengo y’imari, imibare yerekana ko ubukungu bw’ikigo cyacu buri kuzamuka neza.”

Avuga ko n’ubwo hari igihe kinini cyashize abaturage batubaka kubera Guma mu rugo n’izindi ngamba zo kwirinda COVID-19,  imirimo yo kubaka yahise itangira gukorwa vuba ubwo ingamba zoroshwaga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bugunya avuga ko muri miliyari 30 Frw binjije, harimo miliyari 8.7 Frw z’inyungu kandi ngo ni umusaruro mwiza werekana ko batagomba gucika intege.

Ikindi ngo ni uko ugereranyije amafaranga binjije uyu mwaka n’ayo binjije mu mwaka ushize mu gihembwe gisa n’iki, usanga hariyongere ye ho 14%.

Umuyobozi wa CIMERWA witwa Albert Sigei  avuga ko ikigo ayobora kiri gutera imbere kandi ngo bitanga ikizere ko uyu mwaka uzarangira ibintu byose byarasubiye ku murongo.

Yemeza ko intego y’ikigo ayoboye ari ugukora uko gishoboye kigahaza isoko ry’u Rwanda, abubatsi bakabona sima ihagije kandi na Leta ntibure iyo ikeneye mu kubaka ibikorwa remezo yiyemeje.

CIMERWA yarangije gukingira abakozi bayo 200, ibi bikaba byarakozwe mu rwego rwo kubarinda COVID-19 bityo bagakora akazi neza.

- Advertisement -
TAGGED:AmafarangaCIMERWACOVID-19featuredSimaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikinyejana Cya 21 Cyugarijwe N’Ibibazo-Min Gatabazi
Next Article Boko Haram Ifite ‘Umuyobozi Mushya’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?