Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Coronavirus Yihinduranyije Ya Omicron Yageze Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Coronavirus Yihinduranyije Ya Omicron Yageze Muri Uganda

Last updated: 07 December 2021 1:47 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yemeje ko yatahuye ubwandu bwa coronavirus yihinduranyie ya Omicron, mu bipimo birindwi byafashwe mu bantu bari bavuye mu mahanga.

Abantu basanzwemo ubwo burwayi ngo bapimwe barimo kwinjira muri Uganda banyuze ku Kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe.

Yagize iti “Batanu muri abo bari bavuye muri Nigeria mu gihe babiri bari baturutse muri Afurika y’Epfo.”

Uganda has confirmed 7 cases of the Omicron variant. 5 of these arrived from Nigeria while 2 arrived from South Africa. This was confirmed by the genomic surveillance that we have been carrying out at the various points of entry and among the general population.

— Ministry of Health- Uganda (@MinofHealthUG) December 7, 2021

Gutahura iyo virus ngo byanyuze mu buryo bwo gusesengura imiterere ya virus ziba zabonetse mu bantu banduye COVID-19, igikorwa inzego z’ubuzima zimazemo iminsi cyane cyane ku mipaka yinjira muri Uganda.

Minisiteri y’Ubuzima yakomeje iti “Abantu bagaragayemo uburwayi bashyizwe mu kato ndetse barimo gukurikiranirwa hafi. Ntabwo barembye cyane.”

Yasabye abaturage kudacikamo igikuba, ahubwo bakihutira kwikingiza COVID-19 kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

Iyi virus iheruka gutangazwa bwa mbere n’abashakashatsi bo muri Afuria y’Epfo, ibihugu byinshi byihutira gufunga ingendo z’indege zerekeza mu majyepfo ya Afurika.

Gusa uko iminsi ishira byagiye bigaragara ko iyi virus iri ahantu henshi, no mu bipimo byafashwe mbere y’uko Afurika y’Epfo itangaza ko yabonye iyi virus.

Ntabwo kugeza ubu haramenyekana ubukana bwayo mu buryo ntakuka, ariko bitewe n’uburyo yihinduranya inshuro nyinshi kurusha Delta, ifite ubushobozi bwo kwanduza abantu benshi mu gihe gito.

Ntabwo ubushakashatsi buremeza kandi ibyago byayo uko bingana mu gutuma abantu benshi baremba, bapfa, cyangwa urwego ishobora kwirindwaho hakoreshejwe inkingo zirimo gutangwa ubu.

Hejuru ku ifoto: Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Jane Ruth Aceng

TAGGED:COVID-19featuredJane Ruth AcengUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bwongereza Bwahaye U Rwanda Inkingo Miliyoni 1.1 Za COVID-19
Next Article Bagiye Kurega Facebook Kuko Yatumye Bakorerwa Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?