Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Côte D’Ivoire, Bénin…Bari Kwiga Uko U Rwanda Rwubahiriza Uburenganzira Bwa Muntu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Côte D’Ivoire, Bénin…Bari Kwiga Uko U Rwanda Rwubahiriza Uburenganzira Bwa Muntu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2022 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu yatangije ibiganiro nyigisho bigamije kungurana ibitekerezo n’abagize Komisiyo z’uburenganzira bwa muntu za  Côte d’Ivoire, Bénin na Cameroun hagamijwe kureba icyo bamwe bakwigira ku bandi.

Ni inama y’iminsi ibiri iri kubera i Kigali.

Yateguwe no k’ubufatanye n’Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa OIF.

Perezidante wa Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe uburenganzira bwa muntu, Hon Marie Claire Mukasine yavuze ko u Rwanda rukora uko rushoboye kugira ngo abatuye babeho ntawe uhohoterwa ngo abure kurengerwa.

Mukasine yavuze ko iriya nama igamije kurebera hamwe uko ibihugu biyirimo byafashanya m’uguhashya ruswa.

Avuga ko ruswa ari ikibazo kuko ituma abantu bimwa uburenganzira bari bagenewe n’amategeko.

Ati: “ Nizeye ko iyi nama izafasha mu gutuma abayitabiriye bamenya ko ruswa ari ikibazo abantu n’inzego bakorera bahagurukira.”

(i bumoso)Hon Marie Claire Mukasine

Yavuze ko u Rwanda rusanganywe itegeko nshinga risobanura neza icyo ubutenganzira bwa muntu ari cyo.

Ni itegeko ryashyizweho mu mwaka wa 2003 ariko rivururwa mu mwaka wa 2015.

Ryanashyizeho inzego zirimo n’urw’Umuvunyi nk’uko ruteganywa mu ngingo ya 139.

Uwari uhagarariye Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa Madamu Elise Zahi yashimye ko u Rwanda rukora uko rushoboye kose ngo ruce ruswa.

Madamu Elise Zahi uhagarariye OIF mu Rwanda

Avuga ko umuryango ahagarariye uzakomeza gukorana narwo muri uwo mujyo.

Taliki 10, Ukuboza, 1948 nibwo Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye yemeza itangazo mpuzamahanga ry’uburenganzira bwa muntu.

Icyo gihe ibihugu byose byasabwe kubahiriza ibikubiye muri ririya tangazo.

Ngo ni itangazo rigomba kwamamara hose kandi rigasobanurwa cyane cyane mu mashuri y’ingeri zose.

TAGGED:featuredMukasineMuntuRwandaUburenganzira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Sava Yagizwe Ambasaderi Wa CANAL+ Rwanda
Next Article Abanyarwanda Bazajya Bishyura Parikingi Bakoresheje Airtel Money
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?