Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: COVID-19: Ingendo Zimuriwe Saa Mbili, Insengero Na Resitora Birakomorerwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

COVID-19: Ingendo Zimuriwe Saa Mbili, Insengero Na Resitora Birakomorerwa

admin
Last updated: 11 August 2021 9:55 pm
admin
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yoroheje amabwiriza menshi ajyanye no kurwanya icyorezo cya COVID-19, yigiza inyuma amasaha yo gutaha ava saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ashyirwa saa mbili z’ijoro.

Ni ingamba zigomba gushyirwa mu bikorwa mu gihugu hose guhera ku wa 12 Kanama kugeza ku wa 1 Nzeri 2021. Ajyanye n’imibare y’ubwandu bushya imaze iminsi yaragabanyutse, cyane cyane mu Mujyi wa Kigali.

Mu mabwiriza mashya, ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa moya z’ijoro, mu gihe byafungwaga saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Ibiro by’Inzego za Leta bizakomeza gufungura, ariko buri rwego rwasabwe gukoresha abakozi batarenze 50% by’abakozi bose, mu gihe hari hasanzwe 15%. Abandi bazakorera mu rugo, bagende basimburana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibikorwa by’Inzego z’abikorera nabyo byemerewe gukoresha abakozi batarenze 50%.

Umubare w’abitabira inama ntugomba kurenga 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateranira, kandi abitabiriye inama bose bagomba kugaragaza ko bipimishije COVID-19.

Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange nazo ubu zemerewe gutwara abantu batarenze 75% by’umubare w’abantu zagenewe gutwara, bavuye kuri 50%.

Resitora zemerewe kongera kwakira abakiriya ariko ntizirenze 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu, mu gihe zatangaga gusa ibyo abantu batahana.

Resitora zakira abakiriya bicaye hanze zemerewe kwakira abantu ku kigero cya 50%.

- Advertisement -

Insengero zahawe uburenganzira bwo gukora kuko zujuje ibisabwa mu kwirinda COVID-19, zemerewe kwakira 30% by’ubushobozi bwazo bwo kwakira abantu. Zari zimaze iminsi zifunze.

Muri aya mabwiriza biteganywa ko imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta n’irikorewe mu nsengero byasubukuwe, ariko bikitabirwa n’abantu batarenze 50.

Ni umubare wazamuwe kuko hari hemewe abantu 10 gusa.

Iyo byabereye ahantu hasanzwe hemerewe gukorerwa ibirori, ntibigomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye.

Abitabiriye iyo mihango bagomba kwerekana ko bipimishije COVID- 1 9 mu masaha 72 mbere y’ibyo bikorwa, kandi bakubahiriza amabwiriza arimo gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, gukaraba intoki no kwambara agapfukamunwa neza.

Umubare w’abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 10 icyarimwe.

Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 20.

 

TAGGED:AbaminisitiriCOVID-19featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Goma: Ba Ofisiye 2 Barwaniye Ku Kibuga cy’Indege Bakatirwa Gufungwa Burundu
Next Article Uganda Yarekuye Abarobyi 36 Bo Muri RDC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?