Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Daniel Chapo: Umugabo Muto Utegurirwa Kuyobora Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Daniel Chapo: Umugabo Muto Utegurirwa Kuyobora Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 October 2024 4:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Daniel Chapo niwe uhabwa amahirwe yo kuzayobora Mozambique
SHARE

Ku wa Gatatu taliki 10, Ukwakira, 2024 abaturage ba Mozambique bazitabira amatora y’umukuru w’igihugu. Ni amatora bivugwa ko azaba ari ay’amateka kuko hitezwe ko umugabo w’imyaka 47 y’amavuko witwa Daniel Chapo ari we uzayegukana.

Impamvu abasesengura amateka ya Politiki ya Mozambique bemeza ko azaba ari amatora y’amateka ni uko uyu mugabo ari we wa mbere wavutse nyuma y’ubwigenge bwayo uzaba ayiyoboye.

Iki gihugu cyakolonijwe na Portugal cyabonye ubwigenge mu mwaka wa 1975 nyuma y’intambara yatangiye mu mwaka wa 1964.

Kuva yabona ubwigenge, Mozambique yayobowe n’abantu barwanye iriya ntambara cyangwa se abagize uruhare muri politiki yayo kuva mu mwaka wa 1964 kuzamura…

Abo bose bari bamaze imyaka 49 basimburana ku butegetsi bw’ishyaka riyoboye igihugu ariryo Frelimo.

Abakada b’iri shyaka bamaze igihe bategura Daniel Chapo ukiri muto kugira ngo abe ari we uzatorwa mu matora abura amasaha make ngo abe.

Umusesenguzi muri Politiki y’iki gihugu witwa Charles Mangwiro yabwiye BBC ati: “ Mu bice bimwe by’igihugu, hari aho abakandida ba Frelimo bakuze bajyaga kuvuga imigabo n’imigambi yabo abaturage bakabaha inkwenene”.

Amatora yo ku wa Gatatu azaba akomatanyije ay’Umukuru w’igihugu, Abadepite n’abahagarariye inzego z’ibanze za Leta.

Perezida wa Mozambique uri mu nshingano muri iki gihe Filip Nyusi azarangiza manda ze ebyiri mu minsi mike iri imbere.

Uretse ibibazo by’umutekano muke bwatewe n’abarwanyi batangiye guhungabanya umutekano mu mwaka wa 2017, Nyusi yanahanganye na ruswa yavuzwe mu bayobozi b’igihugu cye, ivugwa ko ari yo ikomeye kurusha izindi zabaye muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Daniel Chapo we avugwaho kuba umuntu udafite aho ahuriye nibyo bibazo bya ruswa, bityo abaturage bakaba bamubonamo umuntu uzabazanira icyerekezo gishya mu mibereho y’igihugu cyabo.

Ku rundi ruhande, ngo biragoye ko Dan Chapo yazahindura uko Frelimo ikora.

Bavuga ko nubwo ari umuntu ushyira mu gaciro kandi ushobora kuba n’inyangamugayo, kugira ngo ahindure imikorere y’ibigugu biri mu ishyaka rimaze imyaka 49 ku butegetsi bizamufata igihe.

Atarebye neza ndetse ngo yabizira, agahirikwa ku butegetsi.

Umwe mu banyamakuru bakomeye bo muri kiriya gihugu witwa Mirna Chitsungo agira ati: “ Kuba dufite igihugu cyamunzwe na ruswa ni ikibazo gikomeye. Iyo ruswa yatumye igihugu cyacu kigira ubukungu bucumbagira. Chapo afite imbogamizi zo gukorera mu ishyaka ryamunzwe na ruswa, ibyo agasabwa kuzabyirengagiza ahubwo agaharanira ko ibintu bihinduka. Mbona bitazamworohera”.

Daniel Chapo yatangiye politiki mu mwaka wa 2011 ubwo yayoboraga imwe mu Ntara za Mozambique.

Mu myaka umunani yakurikiyeho yabaye Guverineri w’Intara ya Inhambane kugeza ubwo abaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi rya Frelimo, hari muri Gicurasi, 2024.

Imibare itangwa n’abakoze ubushakashatsi ku myiteguro y’ariya matora, bavuga ko hari abantu benshi banditse kuri lisiti y’itora kandi batabaho, ‘ari baringa.’

Mu rwego rwo kurushaho gukurura abaturage ngo batore, abamamaza umukandida wa Frelimo bavuga ko gutora umukandida wabo ari uguha urubyiruko uburyo bwo kubona imirimo no kubaho rutekanye.

Twabibutsa ko irindi shyaka rikomeye muri Politiki ya Mozambique ari ishyaka rya Renamo, ubu riyoborwa na Momade watangiye kuriyobora nyuma y’urupfu rwa Afonso Dhlakama rwabaye mu mwaka wa  2018.

Uyu yagerageje gutorerwa kuyobora iki gihugu mu mwaka wa 2019 ariko aratsindwa, atangaza ko yibwe amajwi na Filip Nyusi.

Uzatorerwa kuyobora Mozambique wese azahura n’ibibazo bishingiye ahanini ku kuba 62% by’abaturage bose bakennye cyane kuko batunzwe $1.90 ni ukuvuga  munsi ya Frw 1,500 ku munsi.

TAGGED:AmatoraChapofeaturedFrelimoIshyakaMozambiqueNyusi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Wakorera Siporo Ku Kazi Ukirinda Indwara Zitandura
Next Article Rwanda: Batatu Bandi Bakize Marburg
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?