Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr. Basinga Uherutse Kugirwa Umuyobozi Wa Bill&Melinda Gates Foundation Muri Afurika Ni Muntu Ki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Dr. Basinga Uherutse Kugirwa Umuyobozi Wa Bill&Melinda Gates Foundation Muri Afurika Ni Muntu Ki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 March 2024 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Paulin Basinga aherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Bill & Melinda Gates Foundation Ishami rya Afurika.

Ni umuganga w’Umunyarwanda umaze imyaka 12 akorera kandi akorana bya hafi n’ikigo Bill & Melinda Gates muri Afurika.

Yari asanzwe ari umushakashatsi ukomeye muri iki kigo , akaba yari asanzwe akora mu rwego rw’ubuzima rusange.

Paulin Basinga yavutse taliki 15, Werurwe,  1975.

Mbere y’uko ashingwa Afurika muri uyu muryango, yari ashinzwe ibibera hirya no hino ku isi( global director) agakora mu rwego rw’ubuvugizi n’itumanaho.

Ibiro bye byabaga i Seattle muri Washington guhera muri Nzeri, 2021.

Yigeze kumara igihe kirekire( guhera mu mwaka wa 2002) ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda kandi mu mirimo yakoreye u Rwanda harimo no kuba umujyanama wa Dr. Agnes Binagwaho ubwo yari Minisitiri w’ubuzima.

Icyo gihe ngo yamugiriye n’inama z’ingirakamaro mu gushyiraho ikigo cya RBC( Rwanda Biomedical Center), iki kigo kikaba cyaragiyeho mu mwaka wa 2011.

Dr. Paulin Basinga asanzwe kandi mu Nama y’ubutegetsi ya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, imirimo yatangiye mu Ugushyingo, 2022 akaba no mu kitwa Global Citizen gikorera i New York.

Muri Bill&Melinda Gates, Dr. Paulin Basinga yakoze mu bice bitandukanye birimo no guhashya SIDA, inshingano yakoze hagati ya 2012 na 2014 ariko mu myaka ibiri yakurikiyeho ahabwa inshingano zo kwita ku buzima bw’ibanze bwa muntu henshi muri Afurika.

Aho henshi tuvuga ni muri Ethiopia, Nigeria, Senegal, Burkina Faso na Tanzania.

Umwaka umwe nyuma y’aho ni ukuvuga mu mwaka wa 2017, yagizwe umuyobozi w’ishami muri ry’iki kigo muri Nigeria, ibiro bye bikaba i Abuja.

Yakoze aka kazi kugeza mu mwaka wa 2020.

Ubusanzwe Basinga ni umuganga wabigize umwuga, wabyigiye muri Kaminuza y’u Rwanda hagati y’umwaka wa 1995 na 2002 aza gukomereza muri Kaminuza ya Tulane iba muri Leta ya Louisiana, USA.

Aha akaba ari ho yakuye izindi mpamyabumenyi zakurikiyeho kugeza ku y’ikirenga(PhD) yabonye mu mwaka wa 2009.

TAGGED:AfurikaBasingaDrfeaturedIkigoUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuturage Wa DRC Afungiwe Mu Rwanda Akurikiranyweho Gucuruza Amahembe Y’Inzovu
Next Article Rihanna Aherutse Gukorera Miliyoni € 5 Mu Minota 90
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?