Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2025 9:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amwe mu maduka acururizwamo n'abanya Lebanon
SHARE

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yatangaje ko iby’uko abanyamahanga bemerewe gukora ubucuruzi buto buto burimo amaduka, ubugeni, ubukorikori n’ibindi, batazongera kubyemererwa.

N’ubusanzwe iki cyemezo cyari gihari ariko kiri hafi kurangira none byashimangiwe ko nta munyamahanga rwose uzemererwa kujya muri uru rwego rw’ubucuruzi.

Kinshasa ivuga ko ubu bucuruzi bugomba kwiharirwa n’abaturage ba DRC kugira ngo ab’amikoro make babone aho bakura amafaranga abatungira imiryango.

Iki cyemezo bita moratoire mu Gifaransa cyari buzarangirane n’Ugushyingo, ariko kizakomeza kubahirizwa uko kiri, ibi bikaba byemejwe na Minisitiri w’ubucuruzi mu gihugu witwa Daniel Mukoko Samba.

Mukoko Samba yabwiye abashoramari bahuriye nawe muri Hoteli yitwa Béatrice Hôtel iri i Kinshasa ko gukurikiza kiriya cyemezo bihuje n’ibiri mu Itegeko ryo mu mwaka wa 1973 (icyo gihe iki gihugu cyayoborwaga na Mobutu Sese Seko) rivuga ko ubucuruzi buto buto ari umwihariko w’abaturage ba Congo gusa.

Ati: “ Dufite itegeko ryo mu mwaka wa 1973 ribigena. Rivuga ko ubucuruzi buciriritse bugenewe abaturage b’iki gihugu bonyine, icyakora kurishyira mu bikorwa bigaragaramo imbogamizi.”

Samba avuga ko kubera izo mbogamizi, hari amategeko-teka y’Abaminisitiri b’ubucuruzi, mu bihe bitandukanye, yashyizeho ‘ubugororangingo’ bituma n’abanyamahanga binjira muri ubwo bucuruzi.

Icyakora Minisiteri y’ubucuruzi muri iki gihugu yatangaje ko ari ngombwa ko ibikubiye mu itegeko ryo mu mwaka wa 1973 bikomeza gukurikizwa.

Ikindi Mukoko Samba Daniel avuga ni uko hagiye gushyirwaho Komisiyo yihariye igomba gutegura itegeko rivuguruye rigena uko ubwo bucuruzi bugomba kuzakorwa kandi mu gihe kirambye.

Iryo tegeko rigomba kuzagena uko ubucuruzi bugenewe abenegihuhu bugomba gukorwa, rikerekana n’imbago abanyamahanga batagomba kurenga igihe cyose biyemeje gucururiza muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Imwe mu mbogamizi iki gihugu gifite ni uko kidatekanye ngo abagituye babone uko batekereza imishinga y’ubukungu irimo n’ubucuruzi mu ngeri nyinshi.

Minisitiri Daniel Mukoko Samba yasabye ba rwiyemezamirimo bo mu gihugu cye gutekereza uko bashora amafaranga mu bucuruzi bwinshi kugira ngo igihugu kibone henshi gikura.

TAGGED:AbacuruziAbanyamahangaCongoMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025
Next Article Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?