Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Abaturage Barwanye N’Umusirikare Hapfa Barindwi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Abaturage Barwanye N’Umusirikare Hapfa Barindwi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2024 9:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo
SHARE

Ahitwa Katana muri Teritwari ya Kabare muri Kivu y’Amajyepfo haraye habereye imirwano hagati y’abasirikare n’abasivili igwamo abantu barindwi. Intandaro ni ugutongana hagati y’umubyeyi w’umukobwa wateretwaga n’umusirikare baza kugira ibyo bapfa.

Intonganya hagati y’uwo mubyeyi n’umusirikare wateretaga umukobwa we zaje kuvamo urupfu rw’uwo mubyeyi arashwe n’umusirikare.

Hari ku wa Gatatu taliki 22, ahitwa Kabushwa mu gace ka Irhambi Katana.

Nyuma y’iryo raswa, abaturage bararakaye baza guhangana n’uwo musirikare wari urashe uwo mubyeyi bagira ngo bamuhorere.

Umusirikare yahise arasamo batatu abatsindaho aho ariko abaturage ntibashirwa bakomeza guhangana nawe ndetse birakomeza kugeza hafi mu rukerera.

Imibare ivugwa na Radio Okapi yemeza ko abantu barindwi ari bo bahasize ubuzima.

Bukeye bw’aho umusirikare uyobora ingabo zikorera mu kitwa commendement de la 33e région militaire yagiyeho ngo arebe uko ibintu bimeze.

Nta makuru anyomoza cyangwa yemeza uwo mubare w’abantu barindwi baguye muri iyo rwaserera yigeze atanga.

Umudepite ukomoka muri aka agace witwa Serge Bahati asaba ko hatangizwa iperereza kuri ubu bwicanyi bwakorewe abasivili bukozwe n’umushinzwe kubarindira umutekano.

TAGGED:AbasirikareAbaturageImirwanoIntambaraUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Ivanwe Mu Byo Gufata Abana Baba Ku Muhanda- CLADHO
Next Article Gasabo: Ababyeyi Baravugwaho Kujugunya Umwana Wabo Mu Bwiherero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Kirehe: Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?