Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu mahanga

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2025 11:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku muhanda witwa La route nationale numéro 4 (RN4), ku bilometero 50 mbere yo kugera I Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri DRC hari amakamyo 100 yaheze mu muhanda kubera ibyondo.

Ni umwe mu mihanda y’ingirakamaro mu bucuruzi bwo muri aka gace kandi, nk’uko Radio Okapi ibyandika, abacuruzi n’abaguzi bari guhomba kubera iki kibazo.

Si imodoka zitwara ibicuruzwa gusa zabuze uko zitambuka ahubwo n’izitwaye abagenzi ni uko byazigendekeye.

Mu baheze muri izo modoka harimo abagore n’abana bataka ko bashonje kandi bagiye kwicwa n’ibitotsi kubera kutabona aho barambika umusaya hazima.

Umwe mu bagenzi bahuye n’ako kaga witwa Jeef Moke ati: “Nari ngiye i Bunia tugeze hano icyondo kitubuza gukomeza. Ubu turi gushaka ahandi twaca.”

Abacuruzi bagaya Leta ko ipfusha ubusa imisoro batanga kuko basora neza ariko bagaca mu mihanda y’ibinogo.

Umushoferi yavuze ko buri wese muri bo agomba kwishyura amadolari ya Amerika 1,500 kugira ngo yemererwe gukoresha umuhanda Beni, Mangina, Bela na Matiti.

Ni amafaranga bavuga ko ari menshi ku buryo Leta yari ikwiye kuyakoresha mu gukora iyo mihanda.

Imiterere y’Intara ya Tshopo

Iyi Ntara igizwe amashyamba manini akunda kugwamo imvura agaturukamo imigezi nyinshi.

Mbere yitwaga Province Orientale.

Umujyi munini wayo ni Kisangani kandi iyi Ntara niyo nini mu buso mu Ntara 26 za DRC.

Imvura ikunze kugwa muri aka gace ituma imihanda yako ihoramo isayo bikabangamira urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.

Niyo Ntara ibamo imigezi n’inzuzi nyinshi harimo uruzi rwa Congo( ni urwa kabiri muri Afurika mu burebure nyuma ya Nili) ruca mu Mujyi wa Kisangani n’uwa Basoko hakahayo n’izindi nzuzi nkaTshopo, Lindi, Aruwimi na Maïko.

Ibi biri mu bituma imvura udasiba muri Tshopo.

TAGGED:AbacuruziAmakamyoCongoIntaraTshopoUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye
Next Article Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?