Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Haribazwa Impamvu Kenya Yohereje Ingabo i Kisangani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Haribazwa Impamvu Kenya Yohereje Ingabo i Kisangani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2023 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sosiyete sivile ya DRC mu gace ka Kisangani irasaba Guverinoma ya DRC ibisobanuro by’ukuntu ingabo za Kenya zageze i Kisangani kandi mu mabwiriza azigenga ashingiye ku byemeranyijwe ‘n’abagaba b’ingabo ibyo kujya i Kisangani nta birimo.

Taliki 09, Gashyantare, 2023 i Nairobi ‘hongeye kubera’ inama yahuje abagaba bakuru b’ingabo zigize umutwe w’Afurika y’i Burasirazuba woherejwe muri DRC ngo bigire hamwe uko zakomeza kohoherezwa.

Mu myanzuro yabo bemeranyije ko buri gihugu( uretse Sudani y’Epfo izafatanya na Kenya) gihabwa ahantu hacyo kigomba gukorera ibikorwa bya gisirikare.

Umwe mu myanzuro yahafatiwe uvuga ko ingabo z’u Burundi zizakorera ahitwa Sake, Kirolirwe na  Kitshanga.

Kenya yoherejwe i Kibumba, Rumangabo, Tongo na Kishishe.

Uganda izakorera i Bunagana, Kiwanja, Rutshuru n’i Mabenga.

Sudani y’Epfo yahawe kuzakorana n’ingabo za Kenya muri Rumangabo.

Itangazo ryasohowe na Sosiyete sivile y’i Kisangani rivuga ko ingabo za Kenya zageze i Kisangani zizanye n’intwaro zazo ndetse n’ibimodoka by’intambara byururukiye ku kibuga cy’ahitwa Bangboka.

Abaturiye iki gice bavuga ko batunguwe no kubona abasirikare ba Kenya baza muri kiriya gice ndetse baca inkambi ahitwa Bauma.

Hari amakuru amwe avuga ko ingabo za Kenya zagiye muri kiriya gice kugira ngo zisane kiriya kigo cya gisirikare ndetse n’ikindi kitwa Lusuka, hanyuma zizahandure ishuri ‘zizatorezamo’ ingabo za DRC.

Abagize Sosiyete sivile y’i  Kisangani bibaza niba kiriya cyemezo cyarafashwe nyuma yo kumenyeshwa inteko ishinga amategeko ya DRC.

Bibaza kandi aho gishingiye niba nta mwanzuro ushingiye ku nyandiko iyo ari yo yose ya EAC ibiteganya uhari.

Ikindi bibaza ni icyahereweho batoranya abo basirikare n’abapolisi ba DRC bazatozwa na Kenya n’igihe iyo myitozo izamara.

Abatuye Kisangani bavuga ko bitumvikana ukuntu Kenya yataye igice M23 ikoreramo ikaza i Kisangani, mu ntera ndende uvuye aho M23 ikorera.

Basanga bifite ikindi kibyihishe inyuma kitari ubugiraneza bwo gutoza Polisi n’ingabo bya DRC.

Hari n’abadatinya kuvuga ko Kenya ishaka gucunga ibibera muri DRC mu rwego rw’ubukungu kubera ko banki zayo zikomeye zigaruriye izo miri kiriya gihugu zihashinga banki yitwa TMB n’indi yitwa BCDC.

Nta cyo Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo irasubiza Sosiyete sivile y’i Kisangani.

#RDC Des mouvement mis citoyens et de la société civile s’interrogent sur la présence de soldats kényans de l’#EAC à #Kisangani « à près d’un millier de kilomètres des opérations militaires ». Ils demandent des explications au gouvernement. pic.twitter.com/1T1EW1TvJn

— Christophe RIGAUD (@afrikarabia) February 25, 2023

Uko Ingabo Za EAC Zigabanyije Ibirindiro Mu Burasirazuba Bwa DRC

TAGGED:DRCfeaturedGuverinomaIngaboKenyaKisanganiM2E
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Inzego Z’Ubuzima ‘Zatekinitse’ Imibare Y’Abana Bagwingiye
Next Article APR FC Mu Myiteguro Yo Gutsinda Musanze FC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?