Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Ifunze Abanyamulenge Benshi Ibita Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC Ifunze Abanyamulenge Benshi Ibita Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2023 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage benshi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge batawe muri yombi bashinjwa kuba Abanyarwanda.

Bisa n’aho kuba Umunyarwanda muri iki gihugu ari icyaha kubera ko abafunzwe bagize urutonde rurerure kandi nta kindi kindi bashinjwa kidafite aho gihuriye no kuba Umunyarwanda.

Abatangaje ruriya rutonde barushyize hanze nyuma gato y’uko Perezida wa DRC Antoine Felix Tshisekedi avugiye ijambo imbere y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu i Geneve mu Busuwisi ku wa Mbere taliki 27, Gashyantare, 2023.

Mu ijambo rye yeruye ko mu gihugu cye uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa mu buryo busesuye.

Yabwiye abamwumvaga ko u Rwanda rwitwaza ko hari abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi batotezwa hamwe n’uko FDLR ikorana n’igisirikare cya Congo kugira ngo rubone uko rutera DRC.

Yemeza ko kuva ageze ku butegetsi yakemuye ibibazo bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, afunga gereza zose zafungirwagamo abantu mu buryo butemewe n’amategeko.

Ati: “Nta muntu uzira uko yavutse cyangwa ngo ahohoterwe kubera ibitekerezo bye bya politiki”.

Nyuma y’ibyo, Abanyamulenge basohoye urutonde rugizwe n’abo muri ubwo bwoko bavuga ko bafunzwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi  bazira uko bavutse.

Bagaragaza ko bariya bantu bafunzwe mu bihe bitandukanye, bamwe bakatirwa n’inkiko, abandi baracyafunzwe nta na dosiye bakorewe.

Uretse kuba bitwa Abanyarwanda, bikaba ari cyaha cyiza ku mwanya wa mbere, hiyongeraho ko bahurira ku cyaha cyo ‘kwinjira mu mitwe yitwaje intwaro’.

Muri abo harimo abasivili n’abasirikare bo mu rwego rwa Ofisiye mu ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Abo ni  Colonel Mahoro Ruterera, Major Musanga Olvier ufingiye muri gereza ya Makala na Major Bicunda Olivier wafatiwe i Kasaï nawe ufingiwe mu gereza ya Makala i Kinshasa.

Irindi tsinda rigizwe na Alexandre Makimbi Nsanzabaganwa,  Ngendahayo Kinyamahoko Toussaint, Mukiza Kabano Essie, Nyanduhura Chantal ndetse na Ndabaramiye Rwizihiro Michael nabo bafungiwe i Kinshasa.

Abandi ni Ngirumuvugizi Héritier na Mujyanama Bienvenue bari abashumba b’inka bafatiwe muri Maindombe ku wa 4 Ugushyingo 2022  bafungiye i Makala.

Haravugwa Mugabe Sebi William wagizwe umwere ku wa 1 Werurwe 2022 kubyaha yashinjwaga ariko akaba agifunzwe.

Urutonde ririho  Serugo Mugenza Magistrat wakatiwe imyaka itanu y’igifungo muri gereza ya Angenga muri Equateur, Ngoma Rushimangabo Aimable, Ndakize Birama Herman na Ruberwa Livington Eric bakatiwe imyaka itatu, bose bakaba bafungiwe muri gereza ya Ndolo.

Bafatiwe i Uvira mu kibaya cya Ruzizi, bashinjwa gushaka kugira uruhare mu mutwe w’inyeshyamba ariko bo  bakabikana.

Hari abasivili babiri batawe muri yombi ku ya 07 Ugushyingo 2022 i Kamituga muri Mwenga bazira gusa kubona, muri telefone zabo harimo ifoto y’umusirikare witabye Imana.

Bafungiwe muri gereza nkuru ya Bukavu.

Havuzwe itsinda ry’abantu 11 bafungiwe i Ndolo, hafi ya bose ni abanyeshuri bafatiwe mu misozi ya Kaziba bagiye gusura ababyeyi babo i Rurambo na Kahololo muri Uvira.

Abo bose bashinjwe kwinjira mu mitwe yitwaje intwaro, kugeza ubu bakatiwe hagati y’imyaka 15 na 20.

Uwitwa Bigina Bititi Alexandre na Rwizihirwa Ngirumuvugizi bafungiwe i Ndolo.

Hari itsinda rigizwe n’Abanyamulenge 25 barimo abakatiwe kuva ku myaka 20 n’igifungo cya burundu.

Abatangajwe ni ababashije kumenyekana mu gihe bamwe bafungiwe muri za Kasho z’ibanga z’inzego zishinzwe umutekano.

Abanyamulenge bagaragaza ko mu bihe bitandukanye bakorerwa ubwicanyi, amatungo agasahurwa abandi bagatwikirwa.

Urutonde rwatangajwe na UMUSEKE.RW rugaragaraho Abanyamulenge bakabakaba 50 bafunzwe bitwa ko ari Abanyarwanda.

TAGGED:AbanyamulengeCongoDRCGereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bola Tinubu ‘Yatorewe’ Kuyobora Nigeria
Next Article KANYANGA: Ikiyobyabwenge Cyagira INGARUKA Ku Miyoborere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?