Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Iherutse Kugura Intwaro Zibura Uzigeza i Kinshasa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC Iherutse Kugura Intwaro Zibura Uzigeza i Kinshasa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 November 2022 9:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda baca umugani ngo ‘uwarose nabi burinda bucya.’ Mu gihe DRC iri ntambara n’Umutwe wa M23 utayoroheye, iherutse kugura intwaro uwari uzitwaye azizanye mu gihugu ageze hagati arisubira.

Ni ibiherutse kwemezwa na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu Bwana Christophe Lutundula mu kiganiro yahaye abanyamakuru.

Yagize ati: “Hari ibyabayeho ubu, haguzwe ibikoresho bya gisirikare, ndetse byari mu nzira biza ino (muri Congo), ariko bigeze mu nzira uwari ubitwaye aravuga ngo ‘oya’, ntabwo bishobora kujya muri Congo.”

Yavuze ko hari banki, abatwara ibintu, ndetse n’abakora intwaro batifuza kugirana amasezerano na Congo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Lutundula avuga ko uwari ubatwaje ibikoresho yabihindutse ababwira ko ngo igihugu cyabo kiri ku rutonde rw’umukara.

Ngo  yarababwiye ati: “ Baravuga ngo muri ku rutonde rw’umukara (ntimwemerewe). Nta we ushaka kugirana ibibazo n’Umuryango w’Abibumbye.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC Congo  akaba na Visi Minisitiri w’Intebe  Christophe Lutundula asanga ibikorerwa igihugu cye ari akarengane.

Yamaganye icyo yise ‘ikumirwa ku kugura intwaro ritagira aho ryanditse.’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC Congo akaba na Visi Minisitiri w’Intebe Christophe Lutundula

Ikinyamakuru Infos.cd kivuga ko Christophe Lutundula yasabye ko Akanama k’Umutekano ka UN gakwiye gukuraho icyemezo cy’uko abagurisha Congo intwaro bagomba kubimenyesha UN.

- Advertisement -

Ati “Ni akarengane kadakwiye kwemerwa. Ni ikumirwa (embargo) ridafite izina, ntabwo tubikeneye.”

Kuva mu mwaka wa 2008, Guverinoma ya Congo yari yakuriweho ibihano biyibuza kugura intwaro. Icyakora muri iki gihe ushaka kuyigurisha intwaro asabwa kubimenyesha Akanama ka UN gashinzwe umutekano ku isi.

TAGGED:CongoDRCfeaturedLutundulaUN. Intwaro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakora Mu Mutekano Bari Guhugurwa Uko Ibiribwa N’Imiti Byabungabungirwa Ubuziranenge
Next Article Uhuru Kenyattta Yasuye Goma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?