Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Imodoka 500 Zaheze Mu Isayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Imodoka 500 Zaheze Mu Isayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2023 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amezi abaye abiri imodoka ziganjemo amakamyo zarananiwe kuva mu byondo byazifatiye mu muhanda uhuza Gina na Pimbo muri Teritwari ya Djugu mu Ntara ya Ituri.

Imvura imaze iminsi igwa muri iki gice yatumye izo modoka zidashobora gukomeza urugendo kandi ntabwo zishobora no gusubira inyuma.

Ziganjemo amakamyo yikoreye ibintu nkenerwa byari bishyiriwe abatuye Pimbo.

Muri yo hapakiyemo ibikomoka kuri petelori. Hari n’amavatiri y’abikorera ku giti cyabo yahaheze.

Igitangaje ni uko na moto zidashobora gukata ngo zive ahantu hamwe zijye ahandi.

Umuturage witwa Aksante Dz’rodjo usanzwe ari umumotari ahitwa Ndjibha avuga ko bigoye cyane ko ziriya modoka zizava muri ririya sayo.

We na bagenzi be bibaza aho amafaranga batanga yo gutunganya imihanda ajya.

Ni amafaranga bita péage route.

Umushoferi witwa Abubakar Haruni avuga ko agiye kumara ukwezi atabasha kugira aho atarabukira kuko imodoka idashobora gutirimuka.

Avuga ko wagira ngo hari uwabateye umwaku, akavuga ko abayobozi babo ari inyangabirama kubera ko bahabwa amafaranga n’abaturage ngo bakore imihanda ariko bakayarya.

Imihanda yo muri Ituri imeze nabi cyane.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru ivuga ko abanyamakuru bayo bagerageje kuvugana n’ikigo gishinzwe gukora imihanda no kuvurura ishaje kitwa Direction Générale des Recettes de la Province de l’Ituri (DGRPI) ariko ntibyabakundiye.

TAGGED:AmakamyoDRCIturiUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Abantu Umunani Barembeye Mu Bitaro Kubera Ubushera
Next Article Pasiteri Yongwe Yatawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Busabizwa Yatanze Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Busabizwa Yatanze Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?