Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 August 2025 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abasirikare ba DRC mu ikamyo bagenzura umutekano. Ifoto: Radio Okapi.
SHARE

Abantu barindwi nibo babaruwe ko baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’abarwanyi ba CODECO, umutwe umaze igihe uri mu yindi myinshi ica ibintu mu Ntara ya Ituri.

Mu gihe habarurwa abo bantu barindwi bishwe, hari n’abandi barenga 20 bakomerekeye muri uko kurasana kwabereye mu bice bya Iga-Barrière, Lindji na Lopa mu Ntara ya  Ituri.

Uko kurasana kandi kwabaye hagati y’abarwanyi ba CRP nabo bajya bacishamo bakarasana n’ingabo za DRC.

Hashize iminsi izi ngabo zihiga bukware abarwanyi ba CODECO bakorera mu bice bya Iga-Barrière birimo ahitwa Kombu, Lopa, Lindji na Ikpa mu bilometero birenga 20 uvuye i Bunia.

Ku wa Gatatu, abarwayi ba CODECO biraye mu batuye biriya bice barabarasa  abandi barahunga, bahita bafata aho hantu.

Abarokotse amasasu bahise bahungira mu bice bihakikije.

Radio Okapi yanditse ko abarwanyi bo muri CODECO basahuye amaduka y’aho hantu, batwika inzu z’aho, bikura benshi umutima barahunga.

Ndetse 60% by’abari batuye i Lopa barahunze, ubu hasigaye bake cyane.

Abaturage bavuga ko kuba abarwanyi barabazengereje, ahanini biterwa n’uko ingabo z’igihugu zitabyitaho ahubwo zikibuka kuza ‘gutabara’ ibintu byamaze kudogera.

Ibyo izi ngabo zishinjwa zirabihakana, ahubwo zikemeza ko zikora ibiri mu nshingano zazo ngo zirinde abaturage.

Hagati aho, ingabo za DRC kuri uyu wa Kane Tariki 14, Kanama, 2025 zatangaje ko zivuganye abarwanyi 13 ba Thomas Lubanga baba mu mutwe wa Convention pour la révolution populaire (CRP).

Umuvugizi wazo muri kariya gace witwa Lieutenant Jules Ngongo yabwiye itangazamakuru ko abo barwanyi biciwe ahitwa Nizi, Lopa n’i Nyamamba hafi y’ikibaya cy’ikiyaga Albert.

Yasabye abaturage kwirinda gukorana n’abo barwanyi ahubwo bagafatanya n’ingabo z’igihugu kubahashya.

TAGGED:AbarwanyiCongoIngaboIntambaraIturiLubanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze
Next Article Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?