Abantu barindwi nibo babaruwe ko baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’abarwanyi ba CODECO, umutwe umaze igihe uri mu yindi myinshi ica ibintu mu Ntara ya Ituri.
Mu gihe habarurwa abo bantu barindwi bishwe, hari n’abandi barenga 20 bakomerekeye muri uko kurasana kwabereye mu bice bya Iga-Barrière, Lindji na Lopa mu Ntara ya Ituri.
Uko kurasana kandi kwabaye hagati y’abarwanyi ba CRP nabo bajya bacishamo bakarasana n’ingabo za DRC.
Hashize iminsi izi ngabo zihiga bukware abarwanyi ba CODECO bakorera mu bice bya Iga-Barrière birimo ahitwa Kombu, Lopa, Lindji na Ikpa mu bilometero birenga 20 uvuye i Bunia.
Ku wa Gatatu, abarwayi ba CODECO biraye mu batuye biriya bice barabarasa abandi barahunga, bahita bafata aho hantu.
Abarokotse amasasu bahise bahungira mu bice bihakikije.
Radio Okapi yanditse ko abarwanyi bo muri CODECO basahuye amaduka y’aho hantu, batwika inzu z’aho, bikura benshi umutima barahunga.
Ndetse 60% by’abari batuye i Lopa barahunze, ubu hasigaye bake cyane.
Abaturage bavuga ko kuba abarwanyi barabazengereje, ahanini biterwa n’uko ingabo z’igihugu zitabyitaho ahubwo zikibuka kuza ‘gutabara’ ibintu byamaze kudogera.
Ibyo izi ngabo zishinjwa zirabihakana, ahubwo zikemeza ko zikora ibiri mu nshingano zazo ngo zirinde abaturage.
Hagati aho, ingabo za DRC kuri uyu wa Kane Tariki 14, Kanama, 2025 zatangaje ko zivuganye abarwanyi 13 ba Thomas Lubanga baba mu mutwe wa Convention pour la révolution populaire (CRP).
Umuvugizi wazo muri kariya gace witwa Lieutenant Jules Ngongo yabwiye itangazamakuru ko abo barwanyi biciwe ahitwa Nizi, Lopa n’i Nyamamba hafi y’ikibaya cy’ikiyaga Albert.
Yasabye abaturage kwirinda gukorana n’abo barwanyi ahubwo bagafatanya n’ingabo z’igihugu kubahashya.