Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Inteko Yemereye Ubutabera Gukurikirana Minisitiri Mutamba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Inteko Yemereye Ubutabera Gukurikirana Minisitiri Mutamba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2025 10:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingoro y'Inteko ishinga amategeko ya DRC.
SHARE

Ubwo harangizwaga Igihembwe cy’Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, abayigize bemeje ku bwiganze ko Ubushinjacyaha bwemerewe gutangira gukurikirana Minisititi w’Ubutabera Constant Mutamba ku byaha bya ruswa akekwaho.

Ni nyuma y’ubusabe bwari bumaze iminsi butanzwe n’Umushinjacyaha mukuru mu rukiko rusesa imanza, Firmin Mvonde, wavugaga ko bikwiye ko Minisitiri Mutamba agira ibyo akurikiranwaho mu itangwa ry’isoko ryo kubaka gereza ya Kisangani rivugwamo ruswa.

Mu Badepite 363 batoye, abagera kuri 322 bemeje ko Mutamba akwiye gukurikiranwa, abandi 29 ntibabitorera mu gihe 12 bifashe.

Radio Okapi yanditse ko icyemezo cyo gutangira kumukurikirana cyafashwe nyuma y’isuzumwa ryitondewe rya raporo yatanzwe n’itsinda ryihariye ry’agateganyo ryari rishinzwe kwiga ku kirego ubushinjacyaha bwagejeje ku Nteko busaba ko Minisitiri w’ubutabera yamburwa ubudahangarwa agakurikiranwa.

Mu byumweru bike bishize, Minisitiri Constant Mutamba yitabye ubushinjacyaha agira ibyo abazwa ku byo akekwaho.

Raporo yakozwe n’Ibiro by’Umushinjacyaha Firmin Mvonde ivuga ko ibisubizo Mutamba yatanze byarushijeho gutuma ibyo yakekwagaho bigire uburemere.

Kimwe mu bika biyigize, kiragira kiti: “ Ibisobanuro Minisitiri yatanze ntibinyuranya na gato n’ibyo ubushinjacyaha bumukekaho. Ahubwo ibyo yireguje byose, birushaho guha ishingiro ibyo akekwaho”.

Ubutabera bwo muri iki gihugu bushinja Minisitiri w’ubutabera kugira uruhare mu inyerezwa rya Miliyoni $19 zigize amafaranga yari yaragenewe kubaka gereza y’i Kisangani.

Iyi dosiye igitangira kuvugwa, Minisitiri Mutamba yavugiye mu itangazamakuru ko adashobora kwitaba Umushinjacyaha.

Niba Inteko ishinga amategeko yemereye ubushinjacyaha gutangira gukurikirana Minisitiri w’ubutabera, bivuze ko yambuwe ubudahangarwa bityo ko ibikenewe byose ngo akurikiranwe bigiye gutangira gutegurwa no gushyirwa mu bikorwa.

Amafaranga avugwaho kunyereza yari ayo kubaka gereza ya Kisangani iri mu Ntara ya Tshopo.

Iyi dosiye igitangira kuvugwa, Minisitiri Mutamba yavugiye mu itangazamakuru ko adashobora kwitaba Umushinjacyaha, akavuga ko ibyo Mvonde akora bigamije kumusiga icyasha kandi ko ari umuntu udakunda igihugu ahubwo ufite ibitekerezo bya politiki bya Joseph Kabila.

TAGGED:IntekoMutambaRuswaUbushinjacyahaUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Al Ahli Tripoli Niyo Yegukanye BAL 2025
Next Article Parti Libéral Mu Ngamba Zo Kwihutisha NST 2
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?