Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Miliyari $1 Yashowe Mu Gisirikare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

DRC: Miliyari $1 Yashowe Mu Gisirikare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 May 2025 8:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umwe mu basirikare bakuru mu ngabo za DRC: Ifoto@Xinhua News
SHARE

Guverinoma ya Kinshasa yatangaje ko hari Miliyari $1 yamaze gushorwa mu nzego z’umutekano mu rwego rwo gutuma Uburasirazuba bwa DRC butekana.

Ni igice kimaze imyaka irenga 20 kiri mu ntambara z’urudaca ziterwa ahanini n’uko cyahindutse isibaniro ry’imitwe ya gisirikare na Politiki ifite inyungu zitandukanye iharanira.

Nubwo ari uko Guverinoma ivuga ko yabigenje, mu mezi ane ashize y’umwaka wa 2025, ntibyabujije ko Intara ya Kivu ya Ruguru na Kivu y’Amajyepfo zigarurirwa na M23.

Guhera mu mwaka wa 2023 hari ibice bya DRC abarwanyi bawo bigaruriye, na n’ubu baracyawugenzura.

Minisitiri w’Intebe wa RDC, Judith Suminwa Tuluka aherutse kuvugira mu Mujyi wa Tshikapa muri Kasai ko intambara iri mu Burasirazuba bw’igihugu cye igihombya kandi cyarashoye menshi ngo abasirikare babeho neza.

Ati: “Turi mu ntambara mu Burasirazuba bw’igihugu kandi iri kugabanya bikomeye ingengo y’imari yacu. Mu nama y’Abaminisitiri iheruka, twemeje ingengo y’imari ivuguruye, izagezwa ku Nteko Ishinga Amategeko. Twahombye 1.7% by’ingengo y’imari yacu ariko ubu turongera amafaranga dushora mu nzego z’umutekano.”

Minisitiri w’Intebe wa RDC, Judith Suminwa Tuluka

Iby’uko bashoye menshi mu nzego z’umutekano biherutse kugarukwaho na Minisitiri w’Imari muri iki gihugu ubwo yavugaga ku ngingo y’uko cyongerereye umushahara abasirikare n’abapolisi.

Hari muri Werurwe, 2025,ubwo yavugaga ko uwo mushara w’abasirikare n’abapolisi wakubwe kabiri kugira ngo babongerere imbaraga ku rugamba bahanganyemo n’ihuriro AFC/M23.

Ayo mafaranga yose azagera kuri Miliyoni $500 bitarenze impera ya 2025.

Hagati aho, Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) muri DRC witwa Réné Tapsoba yaburiye ubuyobozi bwayo ko kutagenzura Uburasirazuba bw’igihugu burimo amabuye y’agaciro menshi bizahombya Leta 4% by’amafaranga yateganyije kwinjiriza muri uyu mwaka.

Mu rwego rwo kuziba icyo cyuho, IMF muri iki gihugu ivuga ko hari amafaranga yagenerwaga za Minisiteri zimwe na zimwe azagabanywa.

Kubera ko igihugu kiri mu ntambara, kizakomeza gushaka amafaranga yo kuyishoramo kuko ihenda mu nzego zose.

Nk’ubu, abasirikare n’abapolisi bo muri iki gihugu baravugwaho kutabona ibiribwa, imiti n’amasasu bihagije ngo bakore neza akazi kabo.

Hari umusirikare Reuters itatangaje amazina ufite ipeti rya Jenerali wayibwiye ko amafaranga menshi mu ngengo y’imari agurwa intwaro ariko undi muyobozi muri Minisiteri y’Imari we avuga ko ayo mafaranga akoreshwa binyuranye n’ibiri mu murongo w’ingengo y’imari.

Kugeza ubu, DRC ifite abasikare 268.602 barimo 74.000 bari ku rugamba.

Raporo yo muri Gicurasi, 2025 ivuga ko muri abo bose harimo 36.000 batari mu kazi bikoraho n’aho 3, 618 bari mu kiruhuko cy’izabukuru kandi barishyuza Miliyoni $ 145 Leta yabambuye.

TAGGED:AbapolisiAbarwanyiAbasirikareDRCImariIngaboIngengoIntwaroSuminwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5
Next Article Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?