Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Minisitiri W’Intebe Yatangije Ubukangurambaga Burwanya u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Minisitiri W’Intebe Yatangije Ubukangurambaga Burwanya u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 March 2025 9:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Judith Suminwa yaraye atangije ubukangurambaga mu Ilingala bise Congolais Telema (Bakongomani Muhaguruke) bukangurira abaturage bose kurwanya u Rwanda.

Suminwa yavugiye kuri radiyo na televiziyo by’igihugu cye (RTNC) ko abaturage bose ba DRC bakwiye guhaguruka, nta n’iyonka isigaye, bakarwanya u Rwanda kuko rwabatereye igihugu.

Asobanura ko ubwo bukangurambaga bugamije kurema izindi mbaraga zo kwifashisha mu ntambara igihugu cye kiri kurwana na M23, umutwe avuga ko ushyigikiwe n’u Rwanda, ibintu rwo rwahakanye kuva kera.

Ati: “ Ubu bukangurambaga buzadufasha guhangana n’u Rwanda mu buryo bw’inyongera bwunganira imbaraga za gisirikare, iza dipolomasi, iz’itangazamakuru ndetse n’iz’ubukungu. Ni imbaraga zishingiye ku bushake n’ubumwe by’abaturage bacu”.

Avuga ko abaturage ba DRC aho bari hose ku isi bagomba kumva ko igihe kigeze bagahagurikira rimwe bakarwanya u Rwanda.

Imvugo ya Minisitiri w’Intebe ije hashize igihe gito abaturage bo  mu Murwa mukuru, Kinshasa, basahuye banatwika Ambasade y’u Rwanda n’izindi Ambasade z’ibihugu bavugaga ko ari inshuti z’u Rwanda.

Ni imvugo ishobora kwenyegeza urwango abaturage ba DRC basanzwe bafitiye bagenzi babo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, bigatuma urugomo bari basanzwe bakorerwa rwiyongera.

Ubwo yatangazaga ubwo bukangurambaga, Suminwa yari kumwe n’abandi bagize Guverinoma ayoboye, abahagarariye sosiyete sivile, abanyeshuri ba Kaminuza n’abakinnyi bakomeye mu mikino ikunzwe mu gihugu cye.

Judith Suminwa Tuluka ni umunyapolitiki wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo  wagiye ku mwanya wa Minisiitiri w’Intebe asimbuye Sama Lukonde, hari tariki 12, Kamena, 2024.

Niwe mugore wa mbere wagiye kuri uyu mwanya mu mateka ya Politiki ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Suminwa yavutse tariki 19, Ukwakira, 1967, hari hashize imyaka irindwi igihugu cye kibonye ubwigenge.

TAGGED:AbatutsiCongofeaturedIntambaraM23RwandaSuminwaUbutegetsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri Bo Muri Bukavu Na Goma Bagiye Gukora Ibizami
Next Article Hari Gusuzumwa Ko u Rwanda Rwiteguye Kwakira Irushanwa Mpuzamahanga Rya Handball
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?