Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Na Uganda Biyemeje Kongera Imbaraga Mu Bucuruzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC Na Uganda Biyemeje Kongera Imbaraga Mu Bucuruzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2025 2:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umupaka DRC isangiye na Uganda. Ifoto: Radio Okapi
SHARE

Ibiganiro hagati ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo na Uganda biherutse kwemeza ko ubucuruzi  bwambukiranya imipaka hagati y’ibihugu byombi bwongerwamo imbaraga.

Inama hagati y’ibi bihugu yabaye hagati y’itariki 17 na 18, Ukwakira, 2025, ibera i Butembo ihuza abayobozi muri Guverinoma z’ibihugu byombi n’abacuruzi bo kuri buri ruhande.

Abayitabiriye bemeranyije ko kugira ngo ubuhahirane bunoge ari ngombwa kubaka ibikorwaremezo bishya no gusana ibihasanzwe.

Muri ubwo buhahirane, harimo kandi ko hakurwaho imbogamizi zishingiye ku misoro bigakorwa mu rwego rwo kongera urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.

Inzego z’ubucuruzi zizashyirwamo imbaraga nk’uko Radio Okapi ibivuga ni ubuhinzi, ibikoresho byo mu nganda no guhanahana ibikorerwa mu gihugu kimwe bitaboneka mu kindi, icyo Radio Okapi yise la Logistique.

Raporo y’ibyemeranyijweho yamuritswe na Anselme Kitakya ivuga ko mu byo impande zombi zizakora harimo no gushyiraho itsinda rizakorana mu guteza imbere ubucuruzi, gutegura no gukoresha inama zisuzuma uko ibintu bihagaze no gukoresha inama ngarukamwaka zihuriweho n’abayobozi b’Imijyi ituranye ngo harebwe aho ibintu bigeze.

Hanaganiriwe uko abarobyi bo mu kiyaga kitwa lac Édouard bajya baroba ariko ntawe uvogereye amazi yo ku rundi ruhande, haganirwa uko harwanywa ba rushimusi n’abandi bica amategeko ndetse harebwa uko indege zajya ziva mu mujyi umwe zijya mu rundi ku rundi ruhande.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo kandi yiyemeje koroshya uburyo bw’uko abaturage ba Uganda bajya bayinjiramo bidasabye viza.

Ibi Uganda yo yatangiye kubikora mu mwaka wa 2023.

TAGGED:CongoUbucuruziUgandaumupaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage
Next Article Hakenewe Miliyari $ 50 Zo Gusana Gaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuyobozi Mu Ngabo Za Jamaica Yasuye RDF Ikorera Muri Iki Gihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?