Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Umushoferi Wa Katumbi Yaburiwe Irengero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Umushoferi Wa Katumbi Yaburiwe Irengero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 October 2024 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Moïse Katumbi Chapwe
SHARE

Kafutshi wari usanzwe utwara umunyapolitiki ukomeye mu batavuga rumwe na Leta ya Tshisekedi  witwa Moïse Katumbi Chapwe aravugwaho kurigiswa. Imiryango itatu iharanira uburenganzira bwa muntu yabyamaganye.

Hari amakuru avuga ko uwo mushoferi yatwawe n’abakora mu nzego z’umutekano, hari mu ijoro ryo kuya 01 rishyira iya 02, Ukwakira, 2024.

Ayo makuru kandi avuga ko uriya mugabo yarigishijwe kugira ngo agire ibyo abazwa ku muhanda wo ku kibuga cy’indege shebuja Katumbi ari  gusana ngo uwuhuze n’Umudugudu wa Mulonde uri muri Teritwari ya Mpweto muri Haut-Katanga.

Imiryango itatu iharanira uburenganzira bwa muntu yarihuje isohora itangazo ryo kwamagana ifatwa ry’uriya mugabo, ikavuga ko ifite amakenga ko ashobora kuba ari gukorerwa iyicarubozo.

Moïse Katumbi, umwe mu bakire bakomeye muri kiriya gihugu, mbere yo gutangira gusana umuhanda uhuza umudugudu n’ikibuga cy’indege, yabanje kwandikira ubuyobozi bw’Ikigo cy’indege za gisivili abibumenyesha.

Ni ibyemezwa na Radio Okapi dukesha iyi nkuru.

Nyuma yaje gusubizwa n’ubuyobozi bwa kiriya kigo ko nubwo abamenyesheje ko ari uko bimeze, ku rundi ruhande yakoze icyaha kuko yatangiye gusana uwo muhanda atarabiherwa uruhushya.

Bityo rero agomba gukurikiranwa n’itegeko Nomero 183 rigenga iby’indege za gisivili muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Kimwe mu bika by’iryo tegeko kivuga ko umuntu uhamwe n’ibyaha riteganya, ahanishwa igihano cy’imirimo nsimburagifungo ikorwa hagati y’imyaka itanu n’imyaka 10 ndetse n’amande.

Ayo mande ntavugwa ingano yayo.

Nyuma y’uko ibaruwa isubiza Katumbi isohotse, abashinzwe umutekano bahise bamanuka bajya iwe bahasanga umushoferi bamutwarana n’imodoka yari arimo.

Twabibutsa ko Moïse Katumbi afite ishyaka Ensemble pour la République rifite abayoboke biganje mu rubyiruko.

Uru rubyiruko ruherutse gukorera inama yaguye ahitwa Kalemie rusaba Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo kubaka ubumwe bw’abaturage bose aho kwibasira uwo bita Perezida wabo.

Abo basore n’inkumi bavuga ko gushyira igitutu ku muyobozi wabo ngo ni uko yubatse umuhanda uhuza umudugudu n’ikibuga cy’indege ari ukubangamira iterambere rusange kuko yabikoze mu nyungu z’abaturage.

Umwe mu bayobozi bakuru b’urugaga rw’urubyiruko rw’ishyaka Ensemble pour la République witwa Vianey Muteta avuga ko ubutabera budakwiye gukoreshwa mu nyungu za Politiki ngo bukoreshwe nabi ku mugabo uharanira ko abaturage ba DRC babaho neza.

Atanga ingero z’ibindi bikorwa byiza Katumbi yubakiye abaturage birimo imihanda yubatse muri Kibombo, Maniema, Kasenga muri Pweto no mu Mudugudu avukamo w’ahitwa Kashobwe muri Haut-Katanga.

Vianey Muteta yagiye kure mu magambo ye agera naho yemeza ko ibiri gukorwa n’ubutegetsi biri mu murongo mugari  wo gukura umutima abatavuga rumwe nabwo, hanyuma bukabona uko butegura neza ibyo guhindura Itegeko Nshinga ngo Tshisekedi azabone uko yiyamamariza indi manda.

Mu Ukuboza, 2023 habaye amatora y’Umukuru w’igihugu Katumbi arayatsindwa ariko aza ari uwa kabiri kuri Félix Tshisekedi.

TAGGED:CongoDRCfeaturedIshyakaKatumbiUmushoferi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Batatu Bandi Bakize Marburg
Next Article Nyabihu: Urusimbi Rwitwa Akazungu Rugiye Kumaraho Abagore Amafaranga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?