Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Urubyiruko Rwasabwe Kujya Mu Gisirikare Ku Bwinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Urubyiruko Rwasabwe Kujya Mu Gisirikare Ku Bwinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2022 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi b’Ishyaka ryitwa APCN (Alliance pour un Congo nouveau), basabye urubyiruko rwo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kujya mu gisirikare ku bwinshi kugira ngo bafashe ingabo z’igihugu cyabo kwivuna M23 imaze iminsi yarazibuje kugira ayo zicira n’ayo zimira.

Perezida w’iri shyaka witwa Junior Mambembe avuga ko urubyiruko ari rwo maboko ya DRC bityo ngo ntirwagombye kurera amaboko ngo barufate igihugu.

Abayobozi b’Ishyaka ryitwa APCN (Alliance pour un Congo nouveau)

Avuga ko abasore n’inkumi ba kiriya gihugu bagomba guhaguruka bakajya mu gisirikare kugira ngo bahangane n’abanzi bacyo baturutse imbere mu gihugu ndetse n’abaturutse ‘hanze yacyo.’

Mambembe yasabye urubyiruko n’abagore kuzitabira kwiyamamaza mu nzego z’ubuyobozi bw’igihugu kugira ngo bazabe ari bo bakiyobora mu gihe kiri imbere kubera ko ngo abenshi mu banyapolitiki b’i Kinshasa bakuze.

Ishyaka APCN (Alliance pour un Congo nouveau) risanzwe rikorera ahitwa Grand Katanga ariko riherutse no gutangiza ibikorwa byaryo i Kinshasa nk’uko Radio Okapi ibyemeza.

Hagati aho, isi muri rusange yahagurutse ngo irebe ko ibiri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo byahosha.

Angola niyo iri kubihihibikanamo cyane kubera ko kuri uyu wa Mbere Minisitiri wayo ushinzwe ububanyi n’amahanga Bwana  Téte António yahuye na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi ndetse n’uw’u Rwanda Paul Kagame (hari mu bihe bitandukanye) abagezaho ubutumwa yahawe na mugenzi wabo João Lourenço.

Amb Téte António

João Lourenço niwe muhuza mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC.

Kinshasa ishinja Kigali kuba inyuma y’abarwanyi ba M23  ariko yo ikabihakana, ikavuga ko ikibazo kiri muri kiriya gihugu kigomba gucyemurwa na banyiracyo, bakirinda kubizanama abaturanyi babo harimo n’u Rwanda.

TAGGED:AngolaCongofeaturedIntambaraKagameTshisekediUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 14 Biciwe Icyarimwe Barashwe
Next Article Kigali: Polisi Irashakisha Umuturage Wakoraga Inzoga Yitwa ‘Igikwangari’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Gasabo: Bafatanywe Urumogi Rwuzuye Umufuka

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?