Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Urubyiruko Rwasabwe Kujya Mu Gisirikare Ku Bwinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Urubyiruko Rwasabwe Kujya Mu Gisirikare Ku Bwinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2022 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi b’Ishyaka ryitwa APCN (Alliance pour un Congo nouveau), basabye urubyiruko rwo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kujya mu gisirikare ku bwinshi kugira ngo bafashe ingabo z’igihugu cyabo kwivuna M23 imaze iminsi yarazibuje kugira ayo zicira n’ayo zimira.

Perezida w’iri shyaka witwa Junior Mambembe avuga ko urubyiruko ari rwo maboko ya DRC bityo ngo ntirwagombye kurera amaboko ngo barufate igihugu.

Abayobozi b’Ishyaka ryitwa APCN (Alliance pour un Congo nouveau)

Avuga ko abasore n’inkumi ba kiriya gihugu bagomba guhaguruka bakajya mu gisirikare kugira ngo bahangane n’abanzi bacyo baturutse imbere mu gihugu ndetse n’abaturutse ‘hanze yacyo.’

Mambembe yasabye urubyiruko n’abagore kuzitabira kwiyamamaza mu nzego z’ubuyobozi bw’igihugu kugira ngo bazabe ari bo bakiyobora mu gihe kiri imbere kubera ko ngo abenshi mu banyapolitiki b’i Kinshasa bakuze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ishyaka APCN (Alliance pour un Congo nouveau) risanzwe rikorera ahitwa Grand Katanga ariko riherutse no gutangiza ibikorwa byaryo i Kinshasa nk’uko Radio Okapi ibyemeza.

Hagati aho, isi muri rusange yahagurutse ngo irebe ko ibiri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo byahosha.

Angola niyo iri kubihihibikanamo cyane kubera ko kuri uyu wa Mbere Minisitiri wayo ushinzwe ububanyi n’amahanga Bwana  Téte António yahuye na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi ndetse n’uw’u Rwanda Paul Kagame (hari mu bihe bitandukanye) abagezaho ubutumwa yahawe na mugenzi wabo João Lourenço.

Amb Téte António

João Lourenço niwe muhuza mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC.

Kinshasa ishinja Kigali kuba inyuma y’abarwanyi ba M23  ariko yo ikabihakana, ikavuga ko ikibazo kiri muri kiriya gihugu kigomba gucyemurwa na banyiracyo, bakirinda kubizanama abaturanyi babo harimo n’u Rwanda.

- Advertisement -
TAGGED:AngolaCongofeaturedIntambaraKagameTshisekediUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 14 Biciwe Icyarimwe Barashwe
Next Article Kigali: Polisi Irashakisha Umuturage Wakoraga Inzoga Yitwa ‘Igikwangari’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?