Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Yemeje Ko Igihano Cy’Urupfu Gitangira Gushyirwa Mu Bikorwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC Yemeje Ko Igihano Cy’Urupfu Gitangira Gushyirwa Mu Bikorwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2024 11:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Mutombo
SHARE

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko igihano cy’urupfu ku bakora ibyaha bikomeye birimo ubugambanyi no guhungabanya umutekano w’igihugu gisubizwaho.

Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye niyo yabitangarijwemo, bivugwa na Minisitiri w’ubutabera witwa Rose Kiese Mutombo.

Igihano cy’urupfu cyari kikiri mu mategeko ya RDC ariko ntabwo cyashyirwaga mu bikorwa hashingiwe ku cyemezo cyo kugisubika cyafashwe na Guverinoma mu mwaka wa 2003.

Mu gusobanura impamvu z’ishyirwa mu bikorwa by’iri tegeko, Minisitiri Mutombo avuga ko mu gihe cyose iki gihano  cyari cyarasubitswe, umutekano mu Burazirazuba bw’igihugu wazambye bitewe n’imitwe yitwaje intwaro kandi bikaba byaragizwemo uruhare na bamwe mu benegihugu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yatanze urugero ko mu mwaka wa  2003, ubujura bwitwaje intwaro mu mijyi n’iby’iterabwoba byiyongereye ndetse bigwamo abantu.

Ati: “Mu rwego rwo guca ubugambanyi mu gisirikare cyacu, iterabwoba n’ibikorwa by’amabandi mu mijyi byica abaturage, mu Nama y’Abaminisitiri yabaye taliki ya 9, Gashyantare, 2024, Guverinoma yafashe icyemezo cyo gukuraho isubikwa ry’igihano cy’urupfu”.

Mu kubyumva kwe nka Minisitiri w’ubutabera, Mutombo yagaragaje ko isubizwaho ry’iki gihano rizatuma inzego z’umutekano zo muri RDC zisubiza igihugu ku murongo by’umwihariko mu Burasirazuba bwugarijwe n’intambara.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe Ingabo za RDC ziri kurushwa imbaraga mu ntambara zihanganyemo n’umutwe witwaje intwaro wa M23 kuva mu mpera za 2021.

TAGGED:IgihanoInyeshyambaUbutaberaUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwayoboraga RICA Yaneguye Ku Buyobozi Bwa Njyanama Ya Rusizi
Next Article Rwamagana: Abantu Baguye Mu Kirombe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?