Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Yihanije Ibigo By’Ikoranabuhanga Biyisahura Amabuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC Yihanije Ibigo By’Ikoranabuhanga Biyisahura Amabuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2024 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Demukarasi ya Congo yabwiye ibigo bikora ibyuma by’ikoranabuhanga ko bikwiye kutagurira abantu babizanira amabuye kuko aba yibwe kandi yavuye ahantu hamenewe amaraso.

Kinshasa yibasiye cyane ikigo Apple kuko aricyo gikora telefoni zikunzwe kurusha izindi ku isi za iPhone.

Icyakora si ubwa mbere iki gihugu gishinje ibigo bikora ikoranabuhanga kugurira abakiba amabuye y’agaciro.

Ikindi ni uko ibyo iki gihugu gishinja ibi bigo byo muri Amerika bishingiye no kuri raporo iherutse gusohoka ku kibazo cy’abasahura DRC amabuye y’agaciro.

Ni iy’ikigo International Justice Taskforce.

Abanyamategeko ba DRC bakorera ikigo kitwa Amsterdam & Partners nibo bamenyesheje Apple ko batishimiye ko igurira amabuye abantu bafite amaraso mu biganza byabo.

Boherereje umuyobozi wa Apple witwa Tim Cook ibibazo agomba gusubiza kuri iki kibazo.

Banditse ko uko iminsi ishira ari ko Apple igurira amabuye abantu bafite amaraso mu biganza byabo bakorera mu Karere DRC iherereyemo.

Mu nyandiko yabo bavuga ko kuba Apple n’ibindi bigo bikora ikoranabuhanga bitiza umurindi abacukura amabuye y’agaciro binyuze mu kubagurira amabuye.

Kubera iyo mpamvu basaba abayobozi b’ibyo bigo guhagarika kubagurira bityo ngo bakazabivamo kuko babuze isoko.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC witwa Patrick Muyaya avuga ko ibyo abahanga mu by’amategeko bavuga bishingiye no kubyo abandi banditse muri raporo zitandukanye.

Abo ku ruhande rwa Apple bo bavuga ko ibyo bashinjwa nta shingiro bifite kuko bikoreye igenzura rigamije kureba aho ayo mabuye akomoka.

Guverinoma ya DRC ivuga ko bayisahura bakajya gukora ikoranabuhanga abaturage bayo bahasize ubuzima.

Bavuga ko basanze nta hantu hakorerwa ubucukuzi budakurikije amategeko babonye mu ho bakura amabuye.

Apple ivuga ko ikurikirana neza kugira ngo irebe aho amabuye ikoresha ava, ikareba niba ava ahizewe kandi acukurwa mu buryo bukurikije amategeko.

Ikigo Global Witness muri raporo yacyo yo mu mwaka wa 2022 kivuga ko bamwe mu bacukura amabuye y’agaciro ya DRC bakayagurisha Apple barimo n’abasirikare bakuru ba DRC.

The East African yanditse ko Guverinoma ya DRC nitabona ibisubizo bishimishije,  abanyamategeko bayo bazagana inkiko.

TAGGED:AgaciroAmabuyeAppleDRCfeaturediPhonetelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Umukingo Wagwiriye Abantu
Next Article Ingabo Z’u Rwanda N’Iza Mozambique Zongeye Guhiga Bukware Ibyihebe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?