Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Yihanije Ibigo By’Ikoranabuhanga Biyisahura Amabuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC Yihanije Ibigo By’Ikoranabuhanga Biyisahura Amabuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2024 11:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Demukarasi ya Congo yabwiye ibigo bikora ibyuma by’ikoranabuhanga ko bikwiye kutagurira abantu babizanira amabuye kuko aba yibwe kandi yavuye ahantu hamenewe amaraso.

Kinshasa yibasiye cyane ikigo Apple kuko aricyo gikora telefoni zikunzwe kurusha izindi ku isi za iPhone.

Icyakora si ubwa mbere iki gihugu gishinje ibigo bikora ikoranabuhanga kugurira abakiba amabuye y’agaciro.

Ikindi ni uko ibyo iki gihugu gishinja ibi bigo byo muri Amerika bishingiye no kuri raporo iherutse gusohoka ku kibazo cy’abasahura DRC amabuye y’agaciro.

Ni iy’ikigo International Justice Taskforce.

Abanyamategeko ba DRC bakorera ikigo kitwa Amsterdam & Partners nibo bamenyesheje Apple ko batishimiye ko igurira amabuye abantu bafite amaraso mu biganza byabo.

Boherereje umuyobozi wa Apple witwa Tim Cook ibibazo agomba gusubiza kuri iki kibazo.

Banditse ko uko iminsi ishira ari ko Apple igurira amabuye abantu bafite amaraso mu biganza byabo bakorera mu Karere DRC iherereyemo.

Mu nyandiko yabo bavuga ko kuba Apple n’ibindi bigo bikora ikoranabuhanga bitiza umurindi abacukura amabuye y’agaciro binyuze mu kubagurira amabuye.

Kubera iyo mpamvu basaba abayobozi b’ibyo bigo guhagarika kubagurira bityo ngo bakazabivamo kuko babuze isoko.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC witwa Patrick Muyaya avuga ko ibyo abahanga mu by’amategeko bavuga bishingiye no kubyo abandi banditse muri raporo zitandukanye.

Abo ku ruhande rwa Apple bo bavuga ko ibyo bashinjwa nta shingiro bifite kuko bikoreye igenzura rigamije kureba aho ayo mabuye akomoka.

Guverinoma ya DRC ivuga ko bayisahura bakajya gukora ikoranabuhanga abaturage bayo bahasize ubuzima.

Bavuga ko basanze nta hantu hakorerwa ubucukuzi budakurikije amategeko babonye mu ho bakura amabuye.

Apple ivuga ko ikurikirana neza kugira ngo irebe aho amabuye ikoresha ava, ikareba niba ava ahizewe kandi acukurwa mu buryo bukurikije amategeko.

Ikigo Global Witness muri raporo yacyo yo mu mwaka wa 2022 kivuga ko bamwe mu bacukura amabuye y’agaciro ya DRC bakayagurisha Apple barimo n’abasirikare bakuru ba DRC.

The East African yanditse ko Guverinoma ya DRC nitabona ibisubizo bishimishije,  abanyamategeko bayo bazagana inkiko.

TAGGED:AgaciroAmabuyeAppleDRCfeaturediPhonetelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Umukingo Wagwiriye Abantu
Next Article Ingabo Z’u Rwanda N’Iza Mozambique Zongeye Guhiga Bukware Ibyihebe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?