Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 August 2025 5:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubushinjacyaha bwa gisirikare muri DRC bwasabye urukiko rwa gisirikare ko abasirikare benshi baregwa uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi bafungwa imyaka 15.

Bwasabye kandi ko abasirikare bakuru mu mapeti muri bo bakwiye kwamburwa impeta zose za gisirikare kandi iriya myaka 15 bakazayikoramo imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro.

Abasirikare bakuru muri bo ni Général de Brigade Ericsson Bakati, Lieutenant-Colonel Gervais Malaji, Major Paluku, Major Jean-Marie Kasereka, Major Philippe Mambolo na ba Lieutenant Kakule na David Lusenge.

Colonel André-Jean Nyenze na Alphonse Kasereka basabiwe gufungwa imyaka itatu.

Ubushinjacyaha buvuga ko abo basabiwe ibyo bihano bito kubera ubufatanye bagaragaje mu gufasha mu iperereza.

Hari n’abandi basabiwe kurekurwa kuko nta bimenyetso bifatika bibashinja bihari.

Muri Mata, 2025 nibwo abo basirikare bafashwe amashusho bari mu kabari ka hoteli bishimira ko ubutegetsi bwa Tshisekedi ‘bwarangiye’ ndetse bakemeza ko hari ubundi bugiye kujyaho.

Ayo mashusho yahererekanyijwe henshi ku mbuga nkoranyambaga, aberekana bari muri Hoteli ya Bandalungwa mu Murwa mukuru, Kinshasa.

Abo basirikare bahise bafungwa, ubushinjacyaha bwa gisirikare butangira kubakoraho iperereza.

Nanone hari abandi basirikare bakuru mu buyobozi bukuru bw’ingabo za DRC baherutse gufungirwa mu ngo zabo bakekwaho nabo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi.

Mu nkuru ya Radio Okapi yavugaga kuri iki kintu, handitswemo ko abo basirikare bimennye inda ubwo batonganiraga mu nama yari yateguwe n’Umugaba mukuru w’ingabo za DRC, Général Jules Mwilambwe.

Uyu yasimbuye Christian Tshiwewe Songesha ari nawe ukekwaho kuvugira muri iriya nama iby’uko hari umugambi wo guhirika Perezida.

TAGGED:AbasirikareGuhirikaPerezidaTshisekediUbushinjacyahaUbutegetsiUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?