Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dukure Politiki Mbi Muri Siporo- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dukure Politiki Mbi Muri Siporo- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2023 10:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye inteko rusange ya 73 ya FIFA iri  kubera mu Rwanda ko rwishimira ko rwatoranyijwe ngo rwakire iyi nteko. Yaboneyeho umwanya wo kwibutsa abantu ko Politiki mbi idakwiye kugira aho ihurizwa na siporo kuko siporo yunga.

Muri BK Arena hateraniye inteko rusange ya 73 ya FIFA.

Yitabiriwe n’abantu baturutse mu bihugu birenga 200 kandi buri gihugu gihagarariwe n’abantu batatu.

Kagame yabwiye abo banyacyubahiro barimo na Perezida wa FIFA Gianni Infantino ko ubundi umupira w’amaguru ari umuhuza w’abantu, ko atari urubuga abanyapolitiki bagomba kuzanamo politiki mbi.

Yagize ati: “ Dukure Politiki mbi muri Siporo”

Yanenze abajya bibaza impamvu igihugu runaka urugero nka Qatar cyakira irushanwa rikomeye nk’igikombe cy’isi.

Kagame yavuze ko aho kwibaza impamvu igihugu nka kiriya ‘cyakira’ ririya rushanwa, ahubwo bagombye kwibaza impamvu ‘kitacyakira.’

Asanga kuzana imvugo nk’iyo ntacyo bifasha mu busabane busanzwe butangwa n’imikino irimo n’umupira w’amaguru.

Perezida Kagame yashimiye ko mu Rwanda hatashywe stade yitiriwe umunyabigwi watabarutse witwa Pélé, stade yari isanzwe ari iya Kigali.

Yabwiye abitabiriye iriya nama ko bahawe ikaze mu Rwanda kandi ko mu gihe cyose bazahaza bazaza bisanga.

Abantu  barenga 1700 nibo bateraniye muri BK Arena mu Nteko rusange ya 73 ya FIFA.

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju aherutse gusaba Abanyarwanda kuzakira neza abashyitsi bitabiriye iriya Nteko rusange.

Wenger yicaranye na Min Aurore Mimosa Munyangaju
TAGGED:featuredFIFAIntekoKagameQatar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Umubiri W’Umuntu Umaze Imyaka 9 Ku Biro By’Akagari
Next Article Muhoozi Yatangaje Ko Aziyamamariza Gusimbura Se Ku Butegetsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ese Icyemezo Cya Leta Cyahombeje Abacuruzi Bagafunga Cyavugururwa?

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?