Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dukure Politiki Mbi Muri Siporo- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dukure Politiki Mbi Muri Siporo- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2023 10:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye inteko rusange ya 73 ya FIFA iri  kubera mu Rwanda ko rwishimira ko rwatoranyijwe ngo rwakire iyi nteko. Yaboneyeho umwanya wo kwibutsa abantu ko Politiki mbi idakwiye kugira aho ihurizwa na siporo kuko siporo yunga.

Muri BK Arena hateraniye inteko rusange ya 73 ya FIFA.

Yitabiriwe n’abantu baturutse mu bihugu birenga 200 kandi buri gihugu gihagarariwe n’abantu batatu.

Kagame yabwiye abo banyacyubahiro barimo na Perezida wa FIFA Gianni Infantino ko ubundi umupira w’amaguru ari umuhuza w’abantu, ko atari urubuga abanyapolitiki bagomba kuzanamo politiki mbi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “ Dukure Politiki mbi muri Siporo”

Yanenze abajya bibaza impamvu igihugu runaka urugero nka Qatar cyakira irushanwa rikomeye nk’igikombe cy’isi.

Kagame yavuze ko aho kwibaza impamvu igihugu nka kiriya ‘cyakira’ ririya rushanwa, ahubwo bagombye kwibaza impamvu ‘kitacyakira.’

Asanga kuzana imvugo nk’iyo ntacyo bifasha mu busabane busanzwe butangwa n’imikino irimo n’umupira w’amaguru.

Perezida Kagame yashimiye ko mu Rwanda hatashywe stade yitiriwe umunyabigwi watabarutse witwa Pélé, stade yari isanzwe ari iya Kigali.

- Advertisement -

Yabwiye abitabiriye iriya nama ko bahawe ikaze mu Rwanda kandi ko mu gihe cyose bazahaza bazaza bisanga.

Abantu  barenga 1700 nibo bateraniye muri BK Arena mu Nteko rusange ya 73 ya FIFA.

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju aherutse gusaba Abanyarwanda kuzakira neza abashyitsi bitabiriye iriya Nteko rusange.

Wenger yicaranye na Min Aurore Mimosa Munyangaju
TAGGED:featuredFIFAIntekoKagameQatar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Umubiri W’Umuntu Umaze Imyaka 9 Ku Biro By’Akagari
Next Article Muhoozi Yatangaje Ko Aziyamamariza Gusimbura Se Ku Butegetsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?