Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese ‘Kera Kabaye’ Abimukira Bo Mu Bwongereza Baba Bagiye Kuzanwa Mu Rwanda?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ese ‘Kera Kabaye’ Abimukira Bo Mu Bwongereza Baba Bagiye Kuzanwa Mu Rwanda?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 February 2024 4:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uramutse ushingiye ku byavuzwe na Michael Tomlinson, Minisitiri mu Bwongereza ufite mu nshingano abinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko wakwemeza ko igisubizo ari Yego.

Uyu yashimangiye ko indege itwaye abimukira n’abasaba ubuhungiro bavuye mu Bwongereza baza mu Rwanda, izahaguruka mu minsi ya vuba.

Tomlinson yavuze ko uyu mushinga uri bugarurwe imbere y’Inteko Ishinga Amategeko nyuma abayigize bari bamaze igihe mu kiruhuko.

Ati: “Uyu mushinga, ejo uragaruka imbere y’Inteko.”

Avuga ko Guverinoma iri gukora uko ishoboye kugira ngo igarure uyu mushinga wa gahunda y’u Rwanda imbere y’Inteko kugira ngo indege izabashe guhaguruka.

Minisitiri Tomlinson yabwiye umunyamakuru wa BBC, Laura Kuenssberg  ko kuba uyu mushinga ugarutse mu Nteko bigaragaza ko hari igisubizo kuri gahunda ijyanye n’u Rwanda.

Ati: “Bivuze ko mu gihe cya vuba indege ishobora guhaguruka.”

Mu bihe bitandukanye ababaye ba Minisitiri w’Intebe w’ubwongereza beguye bikurikiranya nyuma y’uko bananiwe kumvisha Abadepite iby’uyu mushinga bamwe bavugaga ko uhabanye n’uburenganzira bwa muntu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak aracyategereje ko agera ku ntsinzi agahabwa uburenganzira n’urwego rwa nyuma rw’Inteko Ishinga Amategeko mu Bwongereza kuko urwa mbere rwo rwamaze kwemeza ko rumushyigikiye, binyuze mu bwiganze bw’amajwi.

TAGGED:AbimukiraAbongerezafeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu 10 Bifite Amateka Ya Kera Kurusha Ibindi Ku Isi
Next Article Kamerhe Yasabye Tshisekedi Kuva Mu Magambo Agatera u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?