Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Espagne Yasabye u Burayi Gutangira Gufata COVID-19 Nk’Ibicurane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Espagne Yasabye u Burayi Gutangira Gufata COVID-19 Nk’Ibicurane

admin
Last updated: 12 January 2022 10:54 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sánchez, yatangaje ko mu gihe ubukana bw’ubwandu bwa COVID-19 bugenda bugabanyuka, igihe kigeze ngo uburyo bukoreshwa mu gukurikirana iki cyorezo buvugururwe, hatangire gukoreshwa ubwifashishwa ku zindi ndwara zihoraho nk’ibicurane.

Izo mpinduka zaba zivuze ko COVID-19 yatangira gufatwa nk’indwara abantu bagomba kubana nayo (endemic ), kurusha gukomeza kuyifata nk’icyorezo kizarangira vuba (pandemic).

Ku wa Mbere yabwiye radio Cadena SER ati “Mpamya ko ubu hari ibyagenderwaho, mu buryo bwitondewe, gahoro gahoro, mu gufungura ibiganiro haba ku rwego rwa tekiniki n’abakora mu nzego z’ubuzima, ariko no ku rwego rw’u Burayi, hagasuzumwa imiterere y’iyi ndwara harebwe uko ibintu bimeze muri iki gihe.”

Minisitiri w’Intebe yanemeje ibiheruka gutangazwa n’ikinyamakuru El País, ko muri Espagne harimo kuvugururwa uburyo bukoreshwa mu gukurikirana icyorezo cya COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri ubwo buryo ngo umuntu usanzwemo COVID-19 ntazajya yandikwa ngo atangazwe, ndetse ugaragaje ibimenyetso ntabwo inzego z’ubuzima zizajya zihutira kumupima, ahubwo azajya ashyirwa ku miti.

Ni bwo buryo bukoreshwa ku ndwara y’ibicurane ikunda kwica benshi mu Burayi, mu bihe by’ubukonje.

Minisitiri w’Intebe Sanchez yanavuze ko Minisitiri w’Ubuzima Carolina Darias, yaganiriye na bagenzi be bo mu Ubumwe bw’u Burayi kuri ubwo buryo, nubwo atatangaje ibyo bihugu.

Ni gahunda yatangajwe mu gihe Espagne irimo kugura ibinini byinshi bifasha abantu banduye COVID-19, biheruka gushyirwa ku isoko n’ikigo Pfizer cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Nubwo bavuga gutyo ariko, hatitawe ku buryo abantu benshi bamaze gukingirwa, ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera cyane kimwe no mu bindi bihugu bijyanye n’ikwirakwira rya virus yihinduranyije ya Omicron.

- Advertisement -

Gusa umubare w’abantu bapfa ntabwo uri hejuru ugereranyije n’inkubiri z’ubwandu zabanje.

TAGGED:COVID-19EspagnefeaturedIbicuraneU BurayiUbumwe bw'u Burayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Mbonyi Yasohoye Indirimbo, Ati: ‘Mana Wangize Icyambu’
Next Article Umugore W’i Rutsiro Yafatanywe Urumogi Rufite Agaciro Karenga Miliyoni 3 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?