Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Espagne Yasabye u Burayi Gutangira Gufata COVID-19 Nk’Ibicurane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Espagne Yasabye u Burayi Gutangira Gufata COVID-19 Nk’Ibicurane

Last updated: 12 January 2022 10:54 am
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sánchez, yatangaje ko mu gihe ubukana bw’ubwandu bwa COVID-19 bugenda bugabanyuka, igihe kigeze ngo uburyo bukoreshwa mu gukurikirana iki cyorezo buvugururwe, hatangire gukoreshwa ubwifashishwa ku zindi ndwara zihoraho nk’ibicurane.

Izo mpinduka zaba zivuze ko COVID-19 yatangira gufatwa nk’indwara abantu bagomba kubana nayo (endemic ), kurusha gukomeza kuyifata nk’icyorezo kizarangira vuba (pandemic).

Ku wa Mbere yabwiye radio Cadena SER ati “Mpamya ko ubu hari ibyagenderwaho, mu buryo bwitondewe, gahoro gahoro, mu gufungura ibiganiro haba ku rwego rwa tekiniki n’abakora mu nzego z’ubuzima, ariko no ku rwego rw’u Burayi, hagasuzumwa imiterere y’iyi ndwara harebwe uko ibintu bimeze muri iki gihe.”

Minisitiri w’Intebe yanemeje ibiheruka gutangazwa n’ikinyamakuru El País, ko muri Espagne harimo kuvugururwa uburyo bukoreshwa mu gukurikirana icyorezo cya COVID-19.

Muri ubwo buryo ngo umuntu usanzwemo COVID-19 ntazajya yandikwa ngo atangazwe, ndetse ugaragaje ibimenyetso ntabwo inzego z’ubuzima zizajya zihutira kumupima, ahubwo azajya ashyirwa ku miti.

Ni bwo buryo bukoreshwa ku ndwara y’ibicurane ikunda kwica benshi mu Burayi, mu bihe by’ubukonje.

Minisitiri w’Intebe Sanchez yanavuze ko Minisitiri w’Ubuzima Carolina Darias, yaganiriye na bagenzi be bo mu Ubumwe bw’u Burayi kuri ubwo buryo, nubwo atatangaje ibyo bihugu.

Ni gahunda yatangajwe mu gihe Espagne irimo kugura ibinini byinshi bifasha abantu banduye COVID-19, biheruka gushyirwa ku isoko n’ikigo Pfizer cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Nubwo bavuga gutyo ariko, hatitawe ku buryo abantu benshi bamaze gukingirwa, ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera cyane kimwe no mu bindi bihugu bijyanye n’ikwirakwira rya virus yihinduranyije ya Omicron.

Gusa umubare w’abantu bapfa ntabwo uri hejuru ugereranyije n’inkubiri z’ubwandu zabanje.

TAGGED:COVID-19EspagnefeaturedIbicuraneU BurayiUbumwe bw'u Burayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Mbonyi Yasohoye Indirimbo, Ati: ‘Mana Wangize Icyambu’
Next Article Umugore W’i Rutsiro Yafatanywe Urumogi Rufite Agaciro Karenga Miliyoni 3 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?