Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Falcon Golf Club-Muhazi: Aho Wazajya Kwishimana N’Umukunzi Wawe Ku Munsi W’Abakundana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Falcon Golf Club-Muhazi: Aho Wazajya Kwishimana N’Umukunzi Wawe Ku Munsi W’Abakundana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 February 2022 6:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Harabura amasaha iminsi micye ngo abakunda ku isi hose bagirane ibihe byiza ku munsi wahariwe abakundana witwa Saint Valentin. Abakunda umukino wa Golf cyangwa kureba amazi magari bazishimira gusohokera ku kiyaga cya Muhazi ahari ikibuga cy’umukino wa Golf, bawukine kandi babone n’uburyo bwo kuroba ifi yo muri iki kiyaga bayibokereze.

Kuva ku kibuga cy’indege cya Kanombe ujya kuri Falcon Golf Club mu modoka ukoresha iminota 40, ukaba ugeze mu Karere ka Rwamagana ahari kiriya kibuga.

Ikindi cyiza ni uko uwahasohocyeye aba yitegeye amazi, areba uko izuba rirasa cyangwa rirenga ndetse n’inyoni zo ku mazi zitembera hafi aho.

Kugira ikibuga cya Golf ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi ni akarusho.

Impamvu ni uko iki kiyaga gikora ku turere dutanu.

Abakundana bazajye kwishimira kuri Muhazi

Nicyo kiyaga cya kabiri mu bunini mu Rwanda kikaza gikurikira ikiyaga cya Kivu.

Abatembereye muri kiriya gice bishimira amahumbezi aterwa n’uko kiriya kiyaga gikikijwe n’imisozi ifite ubutumburuke butandukanye.

Iki kiyaga gikora ku Ntara y’Amajyaruguru( mu Karere  ka Gicumbi), Intara y’i Burasirazuba( Mu Turere twa Kayonza, Rwamagana na Gatsibo) ndetse no ku Mujyi wa Kigali( ku Karere ka Gasabo).

Tugarutse ku byiza byo gusohokera kuri Falcon Golf Club ku munsi w’abakundanye,  abazahasohokera bazahasanga ikibuga cy’umukino wa Golf gifite imyobo icyenda k’uburyo bidakunze kubaho ko hagira ubura uko akina uriya mukino.

Ubuyobozi bwa Falcon Golf Club and Country Club bwasohoye itangazo rivuga ko abazahasohokera bazinjirira ubuntu.

Abashaka gusohokera yo mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’abakundana bemerewe gutangira kujyayo kuri uyu wa Gatandatu taliki 12, kugeza taliki 14, Gashyantare, 2022, guhera saa mbiri za mu gitondo kugeza saa yine n’igice z’ijoro.

Ni ngombwa kuzirikana iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda kwandura COVID-19 yose nk’uko yatangajwe na Minisiteri y’ubuzima.

Kuri kiriya kibuga kandi haherutse kubera irushanwa ryiswe Rwanda Summer Golf .

Ni irushanwa ryateguwe n’ikigo kitwa Golf & More LTD.

Icyari kigamijwe kwari ukuzamura ubukerarugendo bukozwe mu rwego rwa siporo muri gahunda tya VISIT RWANDA na TemberURwanda.

Amwe mu mafoto yerekana ubwiza bwa hariya hantu:

Ni ahantu habereye ijisho
Uwahasohokeye arya ifi yirobeye
Ni icyo kunywa kirahari
Kuhasohokanira n’uwo mukundana ntako bisa
Imikindo miremire kandi ibyibushye ituma hagaragara neza
Kubera ko ari hafi y’amazi hahora hatoshye
Izuba rya kiberinka rirenga ku kiyaga cya Muhazi
TAGGED:featuredGolfIkiyagaMuhaziRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukozi Mu Rukiko Rw’ikirenga Yafatiwe Mu Cyuho Yakira Ruswa
Next Article Polisi Yatahuye Abacuruza Inzoga Za Magendu Muri Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?