Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Fulgence Kayishema Yari Yariyise Umurundi Donatien Nibashumba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Fulgence Kayishema Yari Yariyise Umurundi Donatien Nibashumba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2023 1:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gufatirwa mu ifamu yo muri Afurika y’Epfo aho avuga ko yari amaze igihe ashinzwe umutekano, Fulgence Kayishema yabwiye abamushakishaga ko n’ubwo yari yababwiye ko ari Umurundi witwa Donatien Nibashumba, ahubwo ari Umunyarwanda Kayishema bashakishaga.

Abagabo babiri, umwe w’Umunyamerika n’undi w’Umwongereza, begereye Kayishema baramubaza bati: “ Ni wowe Kayishema?”, undi ati: “ Reka reka nitwa Donatien Nibashumba, ndi Umurundi”.

Yababwiye ko ari Umurundi wahungiye muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2000 aza guhabwa icyemezo cy’ubuhunzi mu mwaka wa 2004.

Nyuma yaje kuba muri kiriya gihugu ariko kubera ko yari ari ku rutonde rw’abantu ubutabera mpuzamahanga byahigaga kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, Polisi mpuzamahanga, Interpol, yakomeje kumushakisha.

Jeune Afrique yanditse ko  abagenzacyaha ba Polisi mpuzamahanga baje kumenya ko afite akazi mu ifamu iri ahitwa Paarl muri Afurika y’epfo.

Nyuma yo kubahakanira ko atari Fulgence Kayishema, abamufashe bamubwiye ko bagiye kumujyana ahantu bagapima neza uwo ari we.

Aho niho yahise ahindurira ibitekerezo ati: “ Ni njye Fulgence Kayishema mwashakaga kandi maze igihe kinini ntegereje kuzafatwa”.

Birumvikana ko nta kindi cyakurikiyeho kitari kumwambika amapingu!

Mbere y’uko yinjizwa muri rumwe mu nkiko zo muri Afurika ngo abanze agire ibyo abwirwa ku byo akurikiranyweho, yahuriye n’umunyamakuru ku muryango amubaza niba hari Jenoside yakoze.

Kayishema yarabihakanye, avuga ko ntaho ahuriye nabyo!

Yunzemo ko ibyabaye muri Rwanda ‘ari intambara hagati y’abaturage’.

Uyu mugabo w’imyaka 62 y’amavuko arafunzwe, akaba ategereje icyemezo cy’aho azoherezwa kuburanishirizwa.

Mu myaka 22 yari amaze yihisha, hari benshi bamukingiye ikibaba, barimo abo mu muryango we babaga mu mahanga kera, ubuyobozi bw’aho y’abaga n’abandi.

Bivugwa ko natoherezwa i Arusha, azoherezwa i La Haye n’ubwo hari n’abavuga ko ashobora kuzaburishirizwa mu Rwanda.

Fulgence Kayishema avugwaho uruhare rutaziguye mu rupfu rw’Abatutsi benshi biciwe miri Kiliziya ya Nyange.

Icyo gihe ya Brigadier wa Police Communale y’icyo gihe.

 

TAGGED:AbatutsiAfurika y'EpfofeaturedJenosideKayishemaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyahudi Yakinnye Filimi Ari Umu Nazi Wa Hitler
Next Article Abaturage Ba Centrafrique Bari Guhunga Ku Bwinshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?