Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Fulgence Kayishema Yari Yariyise Umurundi Donatien Nibashumba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Fulgence Kayishema Yari Yariyise Umurundi Donatien Nibashumba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2023 1:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gufatirwa mu ifamu yo muri Afurika y’Epfo aho avuga ko yari amaze igihe ashinzwe umutekano, Fulgence Kayishema yabwiye abamushakishaga ko n’ubwo yari yababwiye ko ari Umurundi witwa Donatien Nibashumba, ahubwo ari Umunyarwanda Kayishema bashakishaga.

Abagabo babiri, umwe w’Umunyamerika n’undi w’Umwongereza, begereye Kayishema baramubaza bati: “ Ni wowe Kayishema?”, undi ati: “ Reka reka nitwa Donatien Nibashumba, ndi Umurundi”.

Yababwiye ko ari Umurundi wahungiye muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2000 aza guhabwa icyemezo cy’ubuhunzi mu mwaka wa 2004.

Nyuma yaje kuba muri kiriya gihugu ariko kubera ko yari ari ku rutonde rw’abantu ubutabera mpuzamahanga byahigaga kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, Polisi mpuzamahanga, Interpol, yakomeje kumushakisha.

Jeune Afrique yanditse ko  abagenzacyaha ba Polisi mpuzamahanga baje kumenya ko afite akazi mu ifamu iri ahitwa Paarl muri Afurika y’epfo.

Nyuma yo kubahakanira ko atari Fulgence Kayishema, abamufashe bamubwiye ko bagiye kumujyana ahantu bagapima neza uwo ari we.

Aho niho yahise ahindurira ibitekerezo ati: “ Ni njye Fulgence Kayishema mwashakaga kandi maze igihe kinini ntegereje kuzafatwa”.

Birumvikana ko nta kindi cyakurikiyeho kitari kumwambika amapingu!

Mbere y’uko yinjizwa muri rumwe mu nkiko zo muri Afurika ngo abanze agire ibyo abwirwa ku byo akurikiranyweho, yahuriye n’umunyamakuru ku muryango amubaza niba hari Jenoside yakoze.

Kayishema yarabihakanye, avuga ko ntaho ahuriye nabyo!

Yunzemo ko ibyabaye muri Rwanda ‘ari intambara hagati y’abaturage’.

Uyu mugabo w’imyaka 62 y’amavuko arafunzwe, akaba ategereje icyemezo cy’aho azoherezwa kuburanishirizwa.

Mu myaka 22 yari amaze yihisha, hari benshi bamukingiye ikibaba, barimo abo mu muryango we babaga mu mahanga kera, ubuyobozi bw’aho y’abaga n’abandi.

Bivugwa ko natoherezwa i Arusha, azoherezwa i La Haye n’ubwo hari n’abavuga ko ashobora kuzaburishirizwa mu Rwanda.

Fulgence Kayishema avugwaho uruhare rutaziguye mu rupfu rw’Abatutsi benshi biciwe miri Kiliziya ya Nyange.

Icyo gihe ya Brigadier wa Police Communale y’icyo gihe.

 

TAGGED:AbatutsiAfurika y'EpfofeaturedJenosideKayishemaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyahudi Yakinnye Filimi Ari Umu Nazi Wa Hitler
Next Article Abaturage Ba Centrafrique Bari Guhunga Ku Bwinshi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?