Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: G7 Irigirwamo Uko Imitungo Y’Uburusiya Yafatiriwe Yahabwa Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

G7 Irigirwamo Uko Imitungo Y’Uburusiya Yafatiriwe Yahabwa Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 June 2024 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Butaliyani haratangira inama mpuzamahanga ihuza ibihugu bikize kurusha ibindi ku isi ya G7 aho byitezwe ko imwe mu ngingo zizigwaho, zikaba zanakwemezwa, ari uko imitungo yahoze ari Uburusiya yafatiriwe yahabwa Ukraine nk’inguzanyo.

Muri iyi nama hari amakuru avuga ko Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky azaganira na mugenzi we Amerika Joe Biden uko ibihugu byombi byasinya andi masezerano y’ubufatanye mu by’umutekano.

Uwo mutungo bivugwa ko uzahabwa Ukraine nk’inguzanyo ungana na miliyari $50, iyi ikaba inkunga yashimishije ubutegetsi bw’i Kyiv kuko izabufasha kwiyubaka no gukomeza guhangana n’Uburusiya.

Abadipolomate bavuga ko iby’aya masezerano byarangije no kwemeranywaho hagati ya Washington na Kyiv.

Uretse ingingo ya Ukraine n’Uburusiya, ikindi gikomeye giteganyijwe ni uko Papa Francis azahatangira ijambo, akaba ari ubwa mbere umuyobozi wa Kiliziya gatulika agize icyo avugira muri iyi nama.

Iyi nama irabera ahitwa Borgo Egnazia mu Majyepfo y’Ubutaliyani.

Ubusanzwe inama ya G7 yitabirwa n’ibihugu bikize kurusha ibindi ari byo Canada, Ubufaransa,  Ubudage, Ubutaliyani, Ubuyapani, Ubwongereza na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Mbere hahozemo n’Uburusiya babukuramo. Ku rundi ruhande, Ubushinwa ntiburimo!

Ubutaliyani bwakiriye iyi nama bwanatumiye kandi ibihugu by’Afurika birimo Kenya, Algeria na Tunisia

Ibihugu by’Afurika byatumiwe bizaganirira abandi bayobozi uko ibibazo by’abimukira bava muri Afurika bajya i Burayi bihagaze.

Abandi bazitabira iyi nama ni Perezida wa Brazil Luiz Inacio Lula da Silva, Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde na Perezida wa Turikiya witwa Tayyip Erdogan.

Iyi nama kandi ibaye hasigaye igihe gito ngo Perezida w’Amerika, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza na Perezida w’Ubufaransa bitabire amatora yo guhatanira ko imyanya yabo iyoborwa bundi bushya.

Ni amatora asigaje igihe gito ngo abe.

TAGGED:AmerikafeaturedImitungoIngarukaIUburusiyaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imyaka Ibaye Ibiri M23 Ifashe Bunagana
Next Article Nduhungirehe Ati: ‘Nzakoresha Ubunararibonye Mfite Mu Kubanisha u Rwanda N’Amahanga’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?