Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gacaca Ntiyunze Abanyarwanda Gusa Ahubwo Yanabungabunze Ubukungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gacaca Ntiyunze Abanyarwanda Gusa Ahubwo Yanabungabunze Ubukungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2024 8:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana avuga ko kuburanisha Abanyarwanda bakoreye bagenzi babo Jenoside binyuze muri Gacaca byarondereje umutungo w’igihugu kandi byunga abantu.

Yabwiye abitabiriye Inama y’igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 19 ko mu myaka 20 Inkiko Gacaca zaburanishije imanza z’abantu 120, 000.

Mu rwego rwo kwerekana ko izi nkiko zakoze akazi neza kandi mu gihe gito, mu myaka itanu( 1998-2002) zaburanishije imanza 8,383.

Imanza 1,958,631 nizo zaburanishijwe ku bantu 120,000 baregwaga uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Izo manza zose zaburanishijwe ku giciro cya miliyoni $52 ni ukuvuga hafi miliyari Frw 2 nk’uko amadolari yavunjwaga icyo gihe.

Urubanza rumwe rwatwaye Frw 19,500 ni ukuvuga $50.

Muri icyo gihe $1 ryavunjwaga Frw 390.

Ku rundi ruhande,  urubanza rumwe rwo mu rukiko rwa Arusha umubaranyi umwe yatanzweho miliyoni $ 20  ni ukuvuga hafi miliyari Frw 2 y’icyo gihe.

Ibi bivuze ko ikiguzi cyatanzwe ku manza eshatu zaburanishirijwe i Arusha zingana n’igiteranyo cyose cy’amafaranga yagenze mu manza za Gacaca uko zakabaye, hakiyongeraho ko urukiko rwa Arusha mu myaka 20 rwaciye imanza 75 gusa.

- Advertisement -

Imibare ivuga ko 83% by’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi basabye imbabazi  n’aho 83% by’abayorokotse baha imbabazi ababahemukiye.

MINUBUMWE ivuga ko mu mwaka wa  2010 ubwiyunge bwari kuri 83% bugera kuri 94% muri 2020.

Kubera iyo mpamvu, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana asaba Abanyarwanda kubumbatira ubumwe n’ubwiyunge bibaranga.

Ashimangira ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari bwo buzabageza ku iterambere ariko bikazashoboka bitewe n’uburyo ubumwe bwabo buzaramba.

Avuga ko ab’ingenzi bagomba kubumbatira ubwo bumwe ari urubyiruko.

TAGGED:AbanyarwandaBizimanafeaturedJenosideUbumwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Bemeza Ko Baretse Gufumbiza Ifumbire Y’Umusarane W’Abantu
Next Article Vital Kamerhe Yashinze Ishyaka Rye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?