Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Barataka Ko Imbwa Z’Agasozi Zibicira Amatungo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Barataka Ko Imbwa Z’Agasozi Zibicira Amatungo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2022 10:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Bushoka, Akagari ka Gasiza, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke haravugwa  imbwa z’inyamusozi zirya amatungo y’abaturage.

Batanga urugero rw’uko hari imbwa ebyiri ziherutse kwica intama eshatu zizisanze aho bazi baziziritse mu kigunda.

Byabaye kuri  uyu wa Kane Taliki 08, Ukuboza, 2022 mu masaha ashyira igicamunsi, ubwo imvura yari ihise.

Intama zariwe ni iz’uwitwa Venuste Manirafasha n’undi witwa Cléophas Dukore.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga Bwana Jean Paul Kabera yabwiye Taarifa ko imwe mu mbwa zariye intama z’uriya muturage yishwe n’abahigi, indi ikaba igishakishwa.

Ati:: “ Yego ibyo byarabaye. Izo ni imbwa z’agasozi zariye intama zizisanze aho zari ziziritse.Intama zariwe ni eshatu.”

Yavuze ko ba nyiri intama bazashumbushwa, kuko hasanzwe hari umushinga wo koroza abaturage.

Si ubwa mbere havuzwe inyamaswa zirya amatungo y’abaturage kuko no mu mwaka wa 2021 hari izavuzwe ko zavaga muri Pariki ya Gishwati Mukura zikica inyana z’imitavu.

Icyakora ikibazo cy’izi nyamaswa cyo cyaje gukemuka binyuze mu mikoranire y’inzego z’umutekano n’izo kwita ku bidukikije.

TAGGED:GakenkeGitifuIntamaKivuruga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abarimu Baturutse Muri Zimbabwe Baranyomoza Iby’Uko Bafashwe Nabi
Next Article Amafoto: I Nyanza Mu Rukari, Abanyamahanga Bizihiwe Kinyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?