Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Uwo Bise ‘Igisambo Kizwi’ Yafatanywe Ingurube Mu Mufuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Uwo Bise ‘Igisambo Kizwi’ Yafatanywe Ingurube Mu Mufuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2022 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kivuruga, Akarere ka Gakenke haravugwa inkuru y’umugabo w’imyaka 27 y’amavuko abaturage bafatanye ingurube yapfuye ayitwaye mu mufuka. Bivugwa ko ari we wayishe kuko n’ubundi abamuzi bavuga ko ari umujura uzwi mu kwiba inka.

Uvugwaho ubu bujura yitwa Uwiragiye. Amakuru y’ibanze twamenye avuga ko iriya ngurube yari nkuru ndetse abantu bayihaye agaciro ka Frw 150,000.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke witwa Jean Paul Kabera yabwiye Taarifa ko uriya musore yari aherutse no kwiba ingurube ayijyana i Musanze.

Ni amakuru bamenye impitagihe ntibashobora kumufata.

Ku byerekeye ingurube yaraye afatanywe, Kabera yavuze ko amakuru bahawe n’abaturage bamufashe, avuga ko yari yayibye mu Murenge wa Kamubuga ariko kuko atuye muri Kivuruga niho abamufashe bamujyanye kugira ngo ashyikirizwa inzego zibishinzwe.

Uyu mugabo kandi n’ubwo akiri muto( afite imyaka 27 y’amavuko) asanzwe atunze abagore babiri harimo uwo akodeshereza inzu n’uwo babana.

Gitifu Kabera ati: “Nibyo koko yayibye… Dusanzwe tumufite mu bajura biba amatungo. Mu Cyumweru cyashize hari ahandi yari yibye ingurube ayijyana muri Musanze. Iriya ngurube umbajije ho yayifatanywe yayibye mu Murenge wa Kamubuga duturanye, abaturage baramubonye baramufata.”

Amakuru avuga ko uriya musore yibiye iriya ngurube muri Kamubuga atega moto, iraza imugejeje ahitwa démarrage uvuye Buranga hagabanya Umurenge wa Nemba n’uwa Kivuruga nibwo abagurage bamuteze baramuhagarika.

Motari yahaye moto ikiboko arigendera, abaturage basigarana umujura wabo.

Bivugwa ko iriya ngurube yayibye muri Kamubuga afatirwa iwabo muri Kivuruga

Abaturage bamufatiye muri Nemba bamuzana muri Kivuruga kugira ngo ubuyobozi bumushyikirize inzego z’umutekano n’ubutabera.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga Bwana Jean Paul Kabera avuga ko ubusanzwe nta muntu wiba inka kuko ashonje.

Ngo abantu biba inka kubera ko baba bashaka amafaranga yo kunywera kandi ngo nta muntu unywa inzoga ashonje.

Yasabye abaturage ba Kivuruga kudakuka umutima, ndetse ngo bashire n’impungenge z’uko uriya bita umujura byahamye azarekurwa.

Amafoto Taarifa yabonye, yerekana uvugwago kwiba no kwica iriya ngurube ayikoreye, abaturage bari kumukwena.

TAGGED:BurangafeaturedGakenkeKivurugaNembaUmujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwita Kuri Pariki Byagiriye Akamaro Abazituriye- Kagame Abwira Abitabiriye Inama Ku Bidukikije
Next Article Cardinal W’Umufaransa Yemeye Ko Yahohoteye Umukobwa W’Imyaka 14
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?