Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Abatuye Mu Manegeka Ya Nduba Binubira Kwimurwa Badategujwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Abatuye Mu Manegeka Ya Nduba Binubira Kwimurwa Badategujwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2023 4:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Gasanze mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo hari imiryango 800 yasabwe kwimuka aho ituye kubera ko abayigize batuye ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Inzu z’abo baturage zanditsweho TOWA.

Iyo TOWA ni Igiswayire kivuga ngo VANAHO kandi abo baturage bagaragarijwe ko koko ubuzima bwabo buri mu kaga.

Icyakora hari abavuga ko batasobanuriwe impamvu zabyo hakiri kare.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari uwagize ati “ Nubaka nta cyangombwa nari mfite, nyuma yaho baratubwiye ngo dushake ibyangombwa. Ubu twari turi gushaka ibyangombwa hari n’abari bamaze kubibona. Kubona umuntu aza agashyiraho ngo  Towa akakubwira ngo Genda ni ikibazo.”

Mu murenge wa Nduba, Akagari ka Gasanze

Undi nawe avuga ko nta kibazo bagombye kugirana n’ubuyobozi iyaba babanzaga kubateguza, ntibabatureho ibintu.

Ati:”…Twebwe rero ntabyo bigeze batubwira.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nduba Nibagwire Jane avuga ko hashize icyumweru babarura abagomba kwimurwa nyuma yo kubona ko aho batuye hashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Ati “Mu Midugudu umunani, tumaze kubarura imiryango igera kuri 800.Turababarura imyirondoro yabo, dufata UPI cyangwa se nimero z’ibyangombwa byabo kugira ngo ababishoboye bakize ubuzima bwabo, kubera ko imvura ni nyinshi.  Abandi tumaze kubabarura twabashakira amafaranga yo gukodesha ahandi mu buryo bwa vuba.”

- Advertisement -

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buherutse kuvuga ko abatuye ahantu habi bakwiye kuhimuka.

Umuyobozi wawo Pudence Rubingisa avuga ko bateguye ubukangurambaga kugira ngo bamenyeshe abaturage ko gihe kizagera bakavanwa ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Pudence Rubingisa

Muri Nzeri, 2023 Umujyi wa Kigali wari watangaje ko hari imiryango 4300 yari imaze kwimurwa ahashyira mu kaga ubuzima bw’abayigize.

Ubu hari indi miryango 2809 yari isigaje kwimurwa ari nacyo gikorwa gikomeje.

TAGGED:AbaturageAmanegekaKigaliRubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru Théo Yanze Imbabazi Yahawe N’Uwamureze
Next Article u Rwanda Rurashaka Guca Malaria Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?