Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Abatuye Mu Manegeka Ya Nduba Binubira Kwimurwa Badategujwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Abatuye Mu Manegeka Ya Nduba Binubira Kwimurwa Badategujwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2023 4:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Gasanze mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo hari imiryango 800 yasabwe kwimuka aho ituye kubera ko abayigize batuye ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Inzu z’abo baturage zanditsweho TOWA.

Iyo TOWA ni Igiswayire kivuga ngo VANAHO kandi abo baturage bagaragarijwe ko koko ubuzima bwabo buri mu kaga.

Icyakora hari abavuga ko batasobanuriwe impamvu zabyo hakiri kare.

Hari uwagize ati “ Nubaka nta cyangombwa nari mfite, nyuma yaho baratubwiye ngo dushake ibyangombwa. Ubu twari turi gushaka ibyangombwa hari n’abari bamaze kubibona. Kubona umuntu aza agashyiraho ngo  Towa akakubwira ngo Genda ni ikibazo.”

Mu murenge wa Nduba, Akagari ka Gasanze

Undi nawe avuga ko nta kibazo bagombye kugirana n’ubuyobozi iyaba babanzaga kubateguza, ntibabatureho ibintu.

Ati:”…Twebwe rero ntabyo bigeze batubwira.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nduba Nibagwire Jane avuga ko hashize icyumweru babarura abagomba kwimurwa nyuma yo kubona ko aho batuye hashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Ati “Mu Midugudu umunani, tumaze kubarura imiryango igera kuri 800.Turababarura imyirondoro yabo, dufata UPI cyangwa se nimero z’ibyangombwa byabo kugira ngo ababishoboye bakize ubuzima bwabo, kubera ko imvura ni nyinshi.  Abandi tumaze kubabarura twabashakira amafaranga yo gukodesha ahandi mu buryo bwa vuba.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buherutse kuvuga ko abatuye ahantu habi bakwiye kuhimuka.

Umuyobozi wawo Pudence Rubingisa avuga ko bateguye ubukangurambaga kugira ngo bamenyeshe abaturage ko gihe kizagera bakavanwa ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Pudence Rubingisa

Muri Nzeri, 2023 Umujyi wa Kigali wari watangaje ko hari imiryango 4300 yari imaze kwimurwa ahashyira mu kaga ubuzima bw’abayigize.

Ubu hari indi miryango 2809 yari isigaje kwimurwa ari nacyo gikorwa gikomeje.

TAGGED:AbaturageAmanegekaKigaliRubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru Théo Yanze Imbabazi Yahawe N’Uwamureze
Next Article u Rwanda Rurashaka Guca Malaria Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?