Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Bamukubise Urushyi Arapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Bamukubise Urushyi Arapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2023 3:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Rwankuba, Akagari k’Agateko mu Murenge wa Jali muri Gasabo ejo mu masaha y’ijoro  bivugwa ko Sibomana Jean Pierre uri mu kigero cy’imyaka 28  yakubise urushyi Hakizimana Innocent w’imyaka 43 arapfa!

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Agateko, Hatangimana Jean Claude, yabwiye  UMUSEKE dukesha iyi nkuru  ko uwabikoze yabikoreshejwe n’ubusinzi.

Gitifu avuga ko byabaye saa tatu z’ijoro ubwo Jean Pierre yari agiye kuvunjisha ibiceri ahura na Innocent.

Uyu yabajije Jean Pierre ati: “ Kuki ugurira abagore njye ntungurire?”

Undi yahise arakara amukubita urushyi inzogera irirenga!

Urushyi bakubise Innocent rwamugushije hasi ntiyongera kweguka.

Gitifu avuga ko ibyo bikiba, yihutanywe ku ivuriro ngo barebe ko yazanzamuka ariko biranga.

Abaturage bakanguriwe kwirinda ubusinzi bukabije, kwirinda gusindira mu ruhame no kwirinda kwihanira.

Amakuru avuga ko ukekwaho kiriya cyaha asanzwe avugwaho imyitwarire y’ubusinzi.

Ikindi ni uko mbere y’uko ahura n’uwo musore, yabanje guca aho bakinira biyari ahava ajya kuvunjisha nibwo yahuraga n’uwo bashyamiranye mu buryo twavuze haruguru.

Umurambo wahise ujyanwa mu buruhukiro by’i Bitaro bya Nyarugenge mu gihe ukekwa afungiye kuri RIB sitasiyo ya Jali.

TAGGED:featuredGasaboInzogaUmugaboUrushyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Meya Ntiyemera Ko Abaturage ‘Bafite Inzara’
Next Article Perezida Wa Koreya Ya Ruguru Mu Rugendo Ajya Mu Burusiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Umutekano

Gasabo: Bafungiwe Kwangiza Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?