Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Umugabo Wabaga Kwa Nyina Nyuma Yo Gutandukana N’umugore Yiyahuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Umugabo Wabaga Kwa Nyina Nyuma Yo Gutandukana N’umugore Yiyahuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2021 11:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean Claude Habimana wari umaze imyaka ine abana na Nyina  mu Kagari ka Byahi, Umurenge wa Rubavu mu  Karere ka Rubavu nyuma y’igihe yari amaze atandukanye n’umugore we yiyahuye akoresheje umugozi.

Kuri iki Cyumweru tariki 24, Mutarama, 2021 nibwo bamusanze yimanitse mu cyumba yararagamo.

Yari mwene Alphonse Nkundabanyanga na Elisabeth Nyirabaziyaka.

Amakuru twamenye avuga ko nyuma yo gutandukana n’umugore we yajyanye abana babiri kwa Nyina[umubyara], undi umwe amusigira Nyina [w’abo bana.]

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko yari amaze imyaka ine atandukanye n’umugore we.

Abaturanyi bavuga ko byabaye nyuma yo gushyamirana  na Nyina kubera Frw 25 000 ‘bivugwa ko’ yari yamwibye.

Habimana Jean Claude bajya bita Said yavutse 1990.

Taarifa yahamagaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Byahi Bwana Bienvenu Rwema kugira ngo agire icyo adutangariza ko amakuru yo kwiyahura kwe bayamenye 5h33 za mu gitondo babibwiye na Nyina.

Rwema ati: “ Twasanze ikizirko yiyahuje ari icyo yagiye aterateranya akoresheje ibitambaro, ariyahura arapfa. Nyina niwe wadutabaje mu gitondo.”

- Advertisement -

Bienvenu Rwema avuga ko umuryango uriya musore yabagamo utari wishoboye ahubwo ko bahabwaga imfashanyo ya Leta.

Yavuze ko ubugenzacyaha bageze aho byabereye bufata ibipimo bukazatangaza ibyabuvuyemo.

Impuguke mu by’imitekerereze ya mu muntu n’ubuzima bwo mu mutwe zemeza ko nta muntu ubyuka mu gitondo ngo yiyahure.

Kwiyahura ntibyoroshye…

Dr Yvonne Kayiteshonga uyobora Ishami ry’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima(RBC) rishinzwe indwara zo mu mutwe, muri 2019 yigeze kubwira kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko hari ijanisha runaka ryerekana ko kwiyahura bishobora kugira imizi mu muryango umuntu akomokamo.

Yavuze ko mbere y’uko umuntu yiyahura, hari ibimenyetso byo gutabaza abanza kwerekana, birimo kwigunga, kutiyitaho n’ibindi.

Ibi hamwe n’ibindi bimenyetso biba ari impuruza z’uko uwo muntu asaba abandi kumuba hafi, bakamuhumuriza, ibyo akeneye mu buzima bakabimuha kugira ngo yongere abukunde.

Byabereye ku Kagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu
TAGGED:ByahifeaturedHabimanaRubavuRwema
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Perezida Ndayishimiye Ntakiyobora Ishyaka Riri Ku Butegetsi
Next Article Didier Gomez Watoje Rayon Sports, Yasinyiye Gutoza Simba Ya Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?