Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Umujyi Wa Kigali Wafunze Uruganda Rutavugwaho Rumwe N’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Umujyi Wa Kigali Wafunze Uruganda Rutavugwaho Rumwe N’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 April 2023 11:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu batuye Akagari ka Musezero, ahitwa Beretwari mu Murenge  wa Gisozi mu Karere ka Gasabo bavuga ko hari uruganda ruri hafi aho rubasakuriza, ariko abandi bakavuga ko ababivuga babeshya ahubwo bagamije guhombya nyirarwo.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buherutse kurufunga.

Urwo ruganda rusanzwe rukora amapave n’amatafari manini babumba muri sima bita ‘block ciments.’

Umuturage witwa Gatete ari mu bavugaga ko babangamiwe n’urusaku rw’imashini zibumba ariya matafari n’amapave.

Aherutse kubwira  itangazamakuru ko byaba byiza ruriya ruganda rwimuwe rukajyanwa za Kabuye n’ahandi.

Ati: “Icyo twifuza ni uko uruganda rwakwimurwa rwose rukajya gukorera ahandi. Na za Kabuye hari ahandi hagenewe inganda n’ahandi hose babona, tukagira amahoro”.

Ku rundi ruhande, hari abaturiye uru ruganda bavuga ko iby’uko imashini zarwo zisakuza ntibagoheke, ari urwitwazo rw’uwo Gatete ushaka guhombya nyirarwo witwa Kwizera Adams.

Bavuga ko iby’urwo rusaku ntabyo bumva.

Umwe muri bo avuga ko ahamaze igihe kirekire kandi ko atumva urwo rusaku.

Ngo  mu cyumba kimwe na Salon abamo, nta mashini ajya yumva imusakuriza.

Hari n’abandi bavuga ko iby’urusaku rw’iyo mashini ari ibinyoma ahubwo ko hari munyangire ishobora kuba iri hagati ya nyiri uruganda na Gatete.

Babishinga ku ngingo y’uko intera iri hagati y’uruganda n’aho uwo muturage uvuga ko asakurizwa n’izo mashini atuye hari intera ndende kandi bo baturanye nawe bakaba badasakurizwa n’izo mashini.

Icyo nyiri uruganda abivugaho…

Kwizera Adams uyobora uru ruganda avuga ko, mu bihe bitandukanye, hari ubugenzuzi bwakozwe busanga uruganda nta kibazo ruteje.

Ati: “Ntabwo twumva uburyo abantu batuzengurutse badataka urusaku ariko uriya tukamusakuriza wenyine ku musozi. Duhora twibaza impamvu kuko ibi byo kubaho tudakora njye mbifata nk’akarengane.”

Avuga ko yari yaragerageje kwihangira umurimo akora ruriya ruganda none umuntu umwe aramuhombeje.

Ati: “Nk’umuntu w’urubyiruko nari nagerageje kwihangira umurimo, ndetse natangaga akazi ku bantu barenga 60, ubu bose baricaye ntibari  gukora kubera akarengane.”

Adams Kwizera avuga ko kuva mu 2019, ubwo uru ruganda rwatangiraga uwo mugabo witwa Gatete yigeze kumusaba ko bafatanya muri uwo mushinga, undi aramwangira.

Kuva ubwo hatangiye amakimbirane, umwe ajya kurega undi ko ateza urusaku.

Nyiri uruganda asaba ko ubuyobozi ‘bubishinzwe’ bwamanuka bugakora ubugenzuzi bwimbitse cyangwa se hakabaho kubaza abaturage niba babangamiwe n’urwo ruganda.

Ubwanditsi bwa Taarifa bwahamagaye Project Gatete  ngo agire icyo atubwira kuri iyo ‘munyangire’ imuvugwaho ariko ntiyashoboye kutwitaba.

Hari ubutumwa bugufi twamwandikiye ngo agire icyo adusubiza mu nyandiko ariko nabwo nta gisubizo twahawe.

Igisubizo cye nikiboneka turagitangariza abasomyi.

Uruganda rwe rwarafunzwe…

Mu kiganiro ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buherutse guha itangazamakuru, umwe muri bagenzi bacu yabajije iby’iki kibazo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence  yagisubije agira ati: “Ruriya ruganda nibyo byaje kugaragara ko ahantu rwari rwaratijwe gukorera by’igihe gito cyararenze. Twabongeye ikindi gihe kugira ngo bisuganye bajyane ibikorwa byabo aho byemerewe gukorera.”

Rubingisa yabwiye itangazamakuru ko ruriya ruganda rwahagaze.

Meya Rubingisa aherutse kubwira itangazamakuru ko ruriya ruganda rwafunzwe

Ngo ba nyirarwo bari kugerageza gutwara cyangwa se kugurisha ibyo bari baramaze gukora.”

Inzego z’ibanze  zafunze ahari ibikorwa bya ruriya ruganda rwitwa Silikkon Ltd ndetse bivugwa ko hari umwe mu bakozi b’icyo kigo watawe muri yombi.

Taarifa yavuganye na bamwe mu bigeze kuyobora  muri Musezero batubwira ko ubwo uruganda rwatangiraga, rwatangiye ari imashini nke zibumba block ciments ariko ngo zaje kwiyongera.

Mu kwiyongera kwazo, nibwo hari abatangiye kuvuga ko zibasakuriza, ikibazo kivuka ubwo.

Babumba amatafari bira block ciments
TAGGED:AbaturagefeaturedKigaliRubingisaRwandaUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa FERWAFA Yeguye
Next Article Mali: Ushinzwe Ibiro Bya Perezida Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?