Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Imibiri irenze 5000 niyo yataburuwe mu cyobo cy’i Kiziguro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gatsibo: Imibiri irenze 5000 niyo yataburuwe mu cyobo cy’i Kiziguro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2020 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuva imirimo yo gucukura icyobo cyatawemo Abatutsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi yatangira mu Karere ka Gatsibo mu murenge wa Kiziguro, hataburuwe imibiri 5000. Ubu iri guterwa imiti mbere y’uko yozwa kugira ngo izashyingurwe mu cyubahiro.

Amakuru Taarifa yahawe n’umwe mu bakozi bo ku Karere ka Gatsibo avuga ko abacukuzi basanze hari imibiri yangiritse cyane k’uburyo byasabaga gushishoza kugira ngo abantu bamenye ruseke cyangwa amagufwa y’umutwe kugira ngo bashobore kuyibara.

Mu mpeza z’Ukwakira, 2020 nibwo imirimo yo gucukura umwobo bivugwa ko ufite metero z’ubujyakuzimu zirenga 25 yatangiye.

Icyo gihe Jean Nepomuscène Sibomana yari yabwiye kimwe mu binyamakuru bikorera mu Rwanda ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri kariya gace bari basanzwe bazi ko hari imibiri yahajugunywe ariko baranze kuyitaburura urwibutso rushya rutaruzura.

Yagize ati: “ Twari dusanzwe tuzi ko hari imibiri kuko abahiciwe ari abacu kandi tuzi ko bahajugunywe. Twabanje gutegereza ko Urwibutso rushya rwuzura kugira ngo tubone uko tubashyingura mu cyubahiro”

Ahubatswe Urwibutso  i Kiziguro  bivugwa ko hazagaraga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Komini Murambi.

Komini Murambi yayoborwaga na Gatete Jean Baptiste, hakaba ari  hamwe mu hakorewe ubwicanyi bukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri kariya gace.

Abatutsi bahiciwe bari bahungiye muri Kiliziya ya Paruwasi Gatolika ya Kiziguro.

Batangiye kwicwa kuwa 11 Mata 1994, abicanyi bakabajugunya mu cyobo bivugwa ko cyari cyaracukuwe n’abantu bashakishaga isoko y’amazi.

Hari abavuga ko kiriya cyobo zigite metero ziri gati ya 20 na 50 z’ubujyakuzimu.

Biteganyijwe ko iriya mibiri izashyingurwa mu minsi 100 y’Icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 kizatangira taliki 07, Mata, 2020.

TAGGED:featuredGatsiboIcyoboImibiriKiziguroUrwibutso
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ethiopia: Habaye igitaramo cyo kwakira Nsanzabaganwa ushaka kungiriza Perezida wa AU
Next Article Tanzania: Yagiye kurahirira kuba Minisitiri adidimanze, Magufuli aramwirukana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Yafashe Abategeraga Abantu Muri Gare Ya Nyanza Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?