Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Kabarebe Yashimiye APR FC Uko Yitwaye Kuri US Monastir
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Gen Kabarebe Yashimiye APR FC Uko Yitwaye Kuri US Monastir

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2022 12:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru w’icyubahiro wa APR F.C Gen James  Kabarebe ari kumwe na Chairman wayo Lt Gen MK MUBARAKH basuye iyi Kipe baje kuyishimira uko yitwaye ubwo yakinaga US Monastir mu mukino wabaye mu mpera z’Icyumweru gishize.

Izi nama zatanzwe kandi mbere y’uko  iyi kipe yerekeza muri Tunisia.

Kuri uyu wa mbere Gen Kabarebe yashimiye abakinnyi ba APR FC uko bitwaye anabibutsa ko bakibakeneye mu mukino wo kwishyura.

Lt Gen Mubarakh Muganga usanzwe uyobora APR FC  nawe ashima uko ikipe yitwaye.

Ati: “Mbahaye ikaze mwese muri hano, maze igihe ntabasura ariko ntibimbuza kubakurikirana cyane, mwitwaye neza, byagaragariye buri wese kandi yabonye ko mufite umupira uri hejuru ibyo bituma aho ingabo ziri hose zishima kuko mwerekanye ko mushoboye.”

Gen Muganga aganira n’abakinnyi be

Yabasabye gukomereza muri uriya mujyo kuko ngo berekanye ko bashoboye.

Mu ijambo rye, Gen James Kabarebe  yavuze ko ubuyobozi bwa APR  FC n’Abanyarwanda muri rusange babategerejeho intsinzi aho bagiye kwerekeza kandi ngo bizeye ko  naho bazitwara neza.

Ati: “Ikitugaruye hano ni ukubashimira, ibyo nababwiye mbere mwarabikoze kandi mwerekanye ko ntawe uzava hano byoroshye, umupira narawurebye igice cya mbere iriya kipe twari kuba twayitsinze ibitego byinshi kuko mwarayirushije cyane turashaka ko bigera no k’umunota wa 60 mukiri hajuru muyotsa igitutu.”

Avuga ko abakinnyi ba APR FC batanga icyizere ko iyi kipe izayisezerera iyo muri Tunisia  kuko yamaze kwiremamo icyizere.

Yarangije abizeza ko Ubuyobozi buhari ngo bukore ibyo busabwa gukora.

Abakinnyi ba APR FC bari mu myitozo

Amafoto@APR FC

TAGGED:APR FCKabarebeMuganga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi Ba RSSB Batawe Muri Yombi Bakurikiranyweho Kunyereza Umutungo
Next Article Ndimbati Yasabiwe Gufungwa Imyaka 25
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu Byazamutse

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

You Might Also Like

Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoIzamamazaMu Rwanda

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?