Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Rwivanga Yavuze Icyo RDF Ikora Ngo Amahoro Arambye Agaruke Aho Yabuze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gen Rwivanga Yavuze Icyo RDF Ikora Ngo Amahoro Arambye Agaruke Aho Yabuze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2023 11:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko mu mikorere yazo harimo no gukumira ko ibibazo by’imibereho mibi biba intandaro y’amakimbirane avamo n’intambara.

Ngo niyo mpamvu aho zigeze hose zikahagarura amahoro zikora k’uburyo abahatuye bagira ubuzima bwiza, bagatandukana n’ubukene n’ubujiji.

Gen Rwivanga yabwiye bagenzi bacu ba RBA ko iyo myumvire n’imikorere ari byo byafashije ingabo z’u Rwanda kugarurira abatuye Cabo Delgado amahoro n’ikizere, bagasubizwa mu byabo.

Avuga ko ubwo ingabo z’u Rwanda zajyaga muri Mozambique ku busabe bw’ubuyobozi bw’iki gihugu, zageze yo zikora akazi ka gisirikare k’uburyo mu kwezi kumwe abarwanyi bari barakuye abantu umutima bari batsinzwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma y’ibyo, Gen Rwivanga avuga ko u Rwanda, binyuze mu ngabo zarwo, rwafashije abaturage ba Cabo Delgado kugaruka mu byabo, babona amashuri, amazi, ibitaro n’ibindi bikorwaremezo by’ingenzi mu mibereho ya muntu.

Ati: “…Twashoboye gutsinda inyeshyamba mu kwezi kumwe tumaze kugera yo, ubu hari amahoro n’ituze kandi mu gihe kiri imbere tuzanajya yo turebe uko bimeze…Hari amahoro muri Mozambique ubu ngubu. Mu mikorere yacu iyo turangije kurwana n’umwanzi, tukamutsinda mu ntambara, icyo dutekereza ni uko impamvu uwo mwanzi aba yaraje ari uko haba hari ibibazo afite…akenshi abaturage baba bafite imibereho mibi y’ubukene. Ni nacyo gituma akenshi abaturage bafata intwaro bakarwanya Leta…”

Rwivanga avuga ko gufasha abaturage kugira imibereho myiza biri mu nshingano z’ibanze za RDF, akemeza ko kubafasha kugira ku mibereho myiza isanzwe bituma kugera ku mutekano urambye.

Ibyo avuga kandi biherutse gushimangirwa n’Umuyobozi w’ingabo za UN muri Repubulika ya Centrafrique washimye uruhare RDF igira mu gucunga umutekano ko kubaka imibereho myiza y’abatuye iki gihugu.

Umuvugizi wa RDF avuga ko umusanzu u Rwanda rutanga aho rwagiye hose ugira uruhare mu guhumuriza abaturage no kubaka umubano hagati yarwo n’abatuye ibyo bihugu.

- Advertisement -

Ati: “ Birafasha cyane.”

TAGGED:AbaturageAmahoroCabo DelgadoIngaboMozambiqueRDFRwivangaUbukene
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwato Bwa Israel Bwashimuswe N’Abashyigikiwe Na Iran
Next Article Sena Yemeje Ishingiro Ry’Umushinga W’Itegeko Rishya Ry’Amatora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?