Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Rwivanga Yavuze Icyo RDF Ikora Ngo Amahoro Arambye Agaruke Aho Yabuze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gen Rwivanga Yavuze Icyo RDF Ikora Ngo Amahoro Arambye Agaruke Aho Yabuze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2023 11:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko mu mikorere yazo harimo no gukumira ko ibibazo by’imibereho mibi biba intandaro y’amakimbirane avamo n’intambara.

Ngo niyo mpamvu aho zigeze hose zikahagarura amahoro zikora k’uburyo abahatuye bagira ubuzima bwiza, bagatandukana n’ubukene n’ubujiji.

Gen Rwivanga yabwiye bagenzi bacu ba RBA ko iyo myumvire n’imikorere ari byo byafashije ingabo z’u Rwanda kugarurira abatuye Cabo Delgado amahoro n’ikizere, bagasubizwa mu byabo.

Avuga ko ubwo ingabo z’u Rwanda zajyaga muri Mozambique ku busabe bw’ubuyobozi bw’iki gihugu, zageze yo zikora akazi ka gisirikare k’uburyo mu kwezi kumwe abarwanyi bari barakuye abantu umutima bari batsinzwe.

Nyuma y’ibyo, Gen Rwivanga avuga ko u Rwanda, binyuze mu ngabo zarwo, rwafashije abaturage ba Cabo Delgado kugaruka mu byabo, babona amashuri, amazi, ibitaro n’ibindi bikorwaremezo by’ingenzi mu mibereho ya muntu.

Ati: “…Twashoboye gutsinda inyeshyamba mu kwezi kumwe tumaze kugera yo, ubu hari amahoro n’ituze kandi mu gihe kiri imbere tuzanajya yo turebe uko bimeze…Hari amahoro muri Mozambique ubu ngubu. Mu mikorere yacu iyo turangije kurwana n’umwanzi, tukamutsinda mu ntambara, icyo dutekereza ni uko impamvu uwo mwanzi aba yaraje ari uko haba hari ibibazo afite…akenshi abaturage baba bafite imibereho mibi y’ubukene. Ni nacyo gituma akenshi abaturage bafata intwaro bakarwanya Leta…”

Rwivanga avuga ko gufasha abaturage kugira imibereho myiza biri mu nshingano z’ibanze za RDF, akemeza ko kubafasha kugira ku mibereho myiza isanzwe bituma kugera ku mutekano urambye.

Ibyo avuga kandi biherutse gushimangirwa n’Umuyobozi w’ingabo za UN muri Repubulika ya Centrafrique washimye uruhare RDF igira mu gucunga umutekano ko kubaka imibereho myiza y’abatuye iki gihugu.

Umuvugizi wa RDF avuga ko umusanzu u Rwanda rutanga aho rwagiye hose ugira uruhare mu guhumuriza abaturage no kubaka umubano hagati yarwo n’abatuye ibyo bihugu.

Ati: “ Birafasha cyane.”

TAGGED:AbaturageAmahoroCabo DelgadoIngaboMozambiqueRDFRwivangaUbukene
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwato Bwa Israel Bwashimuswe N’Abashyigikiwe Na Iran
Next Article Sena Yemeje Ishingiro Ry’Umushinga W’Itegeko Rishya Ry’Amatora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?