Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gérard Bi Goua Gohou Wakiniraga Kazakhstan Yayisezeye Aza Mu Amavubi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Gérard Bi Goua Gohou Wakiniraga Kazakhstan Yayisezeye Aza Mu Amavubi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2023 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Goua Gohou yaraye atangaje ko yatandukanye na FC Aktobe yo mu cyiciro cya mbere muri Kazakhstan nyuma y’umwaka umwe ayikinira kugira ngo abone uko aza mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu buryo bwuzuye.

Hari amakuru avuga ko imwe mu mpamvu zatumye asezera ari uko yagonzwe n’itegeko ribuza amakipe yo muri Kazakhstan Premier League gukinisha umunyamahanga ufite cyangwa urengeje imyaka 34 y’amavuko.

Gérard Bi Goua Gohou yemejwe nk’umukinnyi wahawe ubwenegihugu muri Nzeri, 2022  kugira ngo aze kuziba icyuho cyari mu kubona ibitego.

Akomoka muri Côte d’Ivoire.

Kugeza ubu yari amaze gukinira ikipe y’u Rwanda imikino ine.

Bamwe mu bakurikirana umupira haba mu Rwanda n’ahandi, bavuga ko ubushobozi bwa Gérard Bi Goua Gohou ari ukubutega amaso kuko uretse no kuba akuze, nta n’ibigwi bihambaye azwiho.

Ibi ariko si ko bimeze ku mutoza  Carlos Alós Ferrer wamugiriye icyizere.

Gohou nawe yanze kumutaba mu nama kubera ko mu mukino wa gicuti u Rwanda rwakinnye na Sudani yatsinzemo igitego cye cya mbere.

Mbere y’uko akinira FC Aktobe, yari asanzwe akinira Kasımpaşa SK yo muri Turikiya, iyi ikaba yamusezereye, arataha amara amezi atandatu(6) adakina.

Mu gihe yamaze akinira FC Aktob, Bi Gohou yakinnye imikino 24, agira uruhare mu bitego 11, harimo umunani yatsinze ndetse na bitatu yatanze imipira yavuyemo ibitego.

Ikipe Aktobe Football Club yamushimiye igihe bamaze bakorana.

Mu butumwa bwayo haragira hati: “ “Aktobe Football Club irabashimira mu gihe mumaranye na yo, ndetse no mu mwaka w’imikino wa 2022 ku bw’umuhati n’ubufatanye. Turabifuriza amahirwe mu rugendo rushya mutangiye.”

Gérard Bi Gohou yasezerewe hamwe n’abandi bakinnyi babiri barimo ukomoka muri Kazakhstan witwa  Temirlan Erlanov n’Umunya-Brésil Rogerio Alves “Sheena”.

TAGGED:AmavubifeaturedIbitegoRwandaUmukinnyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi W’Umunyarwanda Aranenga Bagenzi Be
Next Article I Goma Barateganya Imyigaragambyo Yamagana Ingabo Za Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?