Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gérard Bi Goua Gohou Wakiniraga Kazakhstan Yayisezeye Aza Mu Amavubi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Gérard Bi Goua Gohou Wakiniraga Kazakhstan Yayisezeye Aza Mu Amavubi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2023 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Goua Gohou yaraye atangaje ko yatandukanye na FC Aktobe yo mu cyiciro cya mbere muri Kazakhstan nyuma y’umwaka umwe ayikinira kugira ngo abone uko aza mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu buryo bwuzuye.

Hari amakuru avuga ko imwe mu mpamvu zatumye asezera ari uko yagonzwe n’itegeko ribuza amakipe yo muri Kazakhstan Premier League gukinisha umunyamahanga ufite cyangwa urengeje imyaka 34 y’amavuko.

Gérard Bi Goua Gohou yemejwe nk’umukinnyi wahawe ubwenegihugu muri Nzeri, 2022  kugira ngo aze kuziba icyuho cyari mu kubona ibitego.

Akomoka muri Côte d’Ivoire.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kugeza ubu yari amaze gukinira ikipe y’u Rwanda imikino ine.

Bamwe mu bakurikirana umupira haba mu Rwanda n’ahandi, bavuga ko ubushobozi bwa Gérard Bi Goua Gohou ari ukubutega amaso kuko uretse no kuba akuze, nta n’ibigwi bihambaye azwiho.

Ibi ariko si ko bimeze ku mutoza  Carlos Alós Ferrer wamugiriye icyizere.

Gohou nawe yanze kumutaba mu nama kubera ko mu mukino wa gicuti u Rwanda rwakinnye na Sudani yatsinzemo igitego cye cya mbere.

Mbere y’uko akinira FC Aktobe, yari asanzwe akinira Kasımpaşa SK yo muri Turikiya, iyi ikaba yamusezereye, arataha amara amezi atandatu(6) adakina.

- Advertisement -

Mu gihe yamaze akinira FC Aktob, Bi Gohou yakinnye imikino 24, agira uruhare mu bitego 11, harimo umunani yatsinze ndetse na bitatu yatanze imipira yavuyemo ibitego.

Ikipe Aktobe Football Club yamushimiye igihe bamaze bakorana.

Mu butumwa bwayo haragira hati: “ “Aktobe Football Club irabashimira mu gihe mumaranye na yo, ndetse no mu mwaka w’imikino wa 2022 ku bw’umuhati n’ubufatanye. Turabifuriza amahirwe mu rugendo rushya mutangiye.”

Gérard Bi Gohou yasezerewe hamwe n’abandi bakinnyi babiri barimo ukomoka muri Kazakhstan witwa  Temirlan Erlanov n’Umunya-Brésil Rogerio Alves “Sheena”.

TAGGED:AmavubifeaturedIbitegoRwandaUmukinnyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuraperi W’Umunyarwanda Aranenga Bagenzi Be
Next Article I Goma Barateganya Imyigaragambyo Yamagana Ingabo Za Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?