Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gisagara: Ibikoresho Bishyushya Abana Bavutse Badashyitse Byagabanyije Imfu 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gisagara: Ibikoresho Bishyushya Abana Bavutse Badashyitse Byagabanyije Imfu 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2024 8:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bitaro bya Kibilizii biri mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara bishimira ko ku bufatanye n’Ikigo mpuzamahanga cya’ Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga, bahawe ibyuma bishyushya abana bavutse igihe kitageze.

Abana bavuka batuzuye kubera impamvu zitandukanye zirimo no kuba ababyeyi babo baragize imibereho mibi.

Iyo umwana avutse atuzuye biba bivuze ko hari ingingo z’umubiri we zitiremye mu buryo bwuzuye.

Bitewe n’igihe aba yari asigaje ngo avuke neza, hari ubwo biba bishoboka ko yafashwa kubona umwuka uhagije wo guhumeka no gutuma izindi ngingo zikura akaba yabaho neza.

Uretse uburyo bita Kangorou bukoreshwa n’abagore baheka abana babo mu gituza hakoreshejwe imyambaro yabugenewe kugira ngo bagire ubushyuhe bukenewe, hari n’ibyuma byabugenewe bikoresha ikoranabuhanga bifasha abana muri ubwo buryo.

Mu bitaro bya Kibilizii n’aho bavuga ko ibyo byuma bahawe n’Ikigo mpuzamahanga cya Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga byatumye abana bapfaga bazira kuvuka igihe kitageze bagabanuka.

Ubusanzwe umwana uvutse ashyitse avuka nyuma y’ibyumweru 40.

‘Kuvuka igihe kitageze’ bigira ibyiciro.

Uko umwana avuka hakiri kare cyane ni uko ubuzima bwe bujya mu kaga.

Abaganga bavuga ko bigoye ko umwana wavutse mbere y’ibyumweru 28 abaho.

Hari abavuka hagati y’ibyumweru 28 n’ibyumweru 32 hakaba n’abandi bavuka hagati y’ibyumweru 34 n’ibyumweru 36 Nyina abasamye.

Icyakora aba tuvuze nyuma baba bafite amahirwe menshi yo kuzakura n’ubwo nabo ibintu biba bitoroshye.

Abana bavutse muri ubu buryo bafashwa kubaho binyuze mu kubashyira mu byumba birimo ibyuma bibaha umwuka, ibiribwa n’ibindi bakenera kugira ngo ingingo zabo zikure nk’uko byagenda bari mu nda y’ubatwite

Aho bahererwa ubu bufasha bahita Neonatal Intensive Care Unit (NICU).

Yvette Mukundwa ushinzwe ibikorwa by’abaforomo n’ababyaza mu bitaro bya Kibilizi avuga ko mbere bataratangira gukorana n Enabel mu mushinga wiswe Barame avuga ko mbere bari bafite 15.9% ariko ubu ni 9.4%

Ati: ” Mbere ikibazo cyabagaho ni uko abana bavukaga bananiwe. Kandi burya ingaruka zigera ku mwana wavutse nabi ntizitandukana cyane n’izigera kuri Nyina”.

Ikindi kibazo cyari gihari ni uko ngo n’ababyeyi babagwaga bagiraga ibibazo byo kudakira ibisebe ariko ngo ubu byaragabanutse.

Mukundwa ashima ko inyubako Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga Enabel cyabubakiye inyubako ngari kandi ifite ibikoresho bibafasha mu kwita ku bana mu buryo bufatika.

Uwavuze mu izina ry’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga avuga ko bakoze ubutaha bamenya ibibazo abagore bo mu Rwanda bagira bahitamo kubashakira ibisubizo.

Avuga ko ubusanzwe kimwe mu bibazo bikomeye Abanyarwandakazi bamwe bahura nabyo ari uko bataramenya neza kuboneza urubyaro.

Kubafasha kubimenya no kubikoresha neza bituma imibiri yabo yiyubaka bihagije.

TAGGED:AbanafeaturedGisagaraImbyaro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kubakwamo Ishuri Rya TVET Rikora Nk’Ayo Mu Bushinwa 
Next Article U Rwanda Rugiye Kubaka Kaminuza Ikomeye Yigisha Ba Jenerali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?